Close MORE NEWS RIB yataye muri yombi umukinnyi wa Sunrise ashinjwa gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato UMUBAVU.com Umubavu Kuya 11-06-2021 saa 08:24' whatsapp Facebook Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umukinnyi wa Sunrise witwa Mugabo Gabriel akaba akekwaho icyaha cyo gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato. Mugabo Gabriel yafashwe nyuma y’umukino wahuje Sunrise na Gasogi United wabaye kuri uyu wa 10 Kamena 2021. Mugabo Gabriel yakoze iki cyaha tariki ya 12 Gicurasi 2021 akomeza kwihishahisha. Umuvugizi wa RIB w’umusigire Dr. Murangira B. Thierry yemeje aya makuru, asaba Abanyarwanda kwirinda iki cyaha. Ati "Ibi byaha byo gukoresha undi imibonano ku gahato, gusambanya abana, ntabwo RIB izabyihanganira. Ni icyaha abantu bari bakwiye kumva ko ari icyaha muri sosiyete iteye imbere kitagombye kuba kigihari." Yakomeje agira ati "Ntabwo byumvikana ukuntu umuntu usobanutse ufatwa nk’icyitegererezo bikwiye ko akurikiranwaho icyaha cyo gukoresha undi imibonano ku gahato." Murangira avuga ko abantu bakwiye kujya babigendera kure kuko ibihano biremereye kandi bigira ingaruka ku muryango uwo muntu yari atunze. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda. Mugabo Gabriel ni myugariro wagiye muri Sunrise avuye muri KCB yo muri Kenya, akaba yaranyuze mu makipe atandukanye arimo Mukura VS, Police FC ndetse na Rayon Sports. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
RIB yataye muri yombi umukinnyi wa Sunrise ashinjwa gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato UMUBAVU.com Umubavu Kuya 11-06-2021 saa 08:24' whatsapp Facebook Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umukinnyi wa Sunrise witwa Mugabo Gabriel akaba akekwaho icyaha cyo gukoresha umuntu imibonanano mpuzabitsina ku gahato. Mugabo Gabriel yafashwe nyuma y’umukino wahuje Sunrise na Gasogi United wabaye kuri uyu wa 10 Kamena 2021. Mugabo Gabriel yakoze iki cyaha tariki ya 12 Gicurasi 2021 akomeza kwihishahisha. Umuvugizi wa RIB w’umusigire Dr. Murangira B. Thierry yemeje aya makuru, asaba Abanyarwanda kwirinda iki cyaha. Ati "Ibi byaha byo gukoresha undi imibonano ku gahato, gusambanya abana, ntabwo RIB izabyihanganira. Ni icyaha abantu bari bakwiye kumva ko ari icyaha muri sosiyete iteye imbere kitagombye kuba kigihari." Yakomeje agira ati "Ntabwo byumvikana ukuntu umuntu usobanutse ufatwa nk’icyitegererezo bikwiye ko akurikiranwaho icyaha cyo gukoresha undi imibonano ku gahato." Murangira avuga ko abantu bakwiye kujya babigendera kure kuko ibihano biremereye kandi bigira ingaruka ku muryango uwo muntu yari atunze. Aramutse ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda. Mugabo Gabriel ni myugariro wagiye muri Sunrise avuye muri KCB yo muri Kenya, akaba yaranyuze mu makipe atandukanye arimo Mukura VS, Police FC ndetse na Rayon Sports. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu