Close MORE NEWS Uganda: Minisitiri w’Umutekano yemeje ko hari inzu z’ibanga bafungiramo abantu UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 29-08-2019 saa 09:53' whatsapp Facebook Ku nshuro ya kabiri Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda, Jenerali Elly Tumwine yaraye ashyigikiye ikoreshwa ry’inzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi mu gihugu zizwi nka ’Safe houses’. Ibyo yabivugiye imbere y’akanama k’uburenganzira bwa muntu ko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda. Yari yatumijwe ngo asobanure impungenge zari zagaragajwe n’abadepite ku bivugwa ko ari ibikorwa by’iyicarubozo, itabwa muri yombi ridakurikije amategeko ndetse n’ifungwa ry’Abanya-Uganda ahantu hatemewe kandi ntibaburanishwe. Jenerali Tumwine yavuze ko izo nzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi koko ziriho kandi zikoreshwa muri iki gihugu mu guhuza ibikorwa by’ibanga by’ubutasi. Ariko yahakanye ko izo nzu zikorerwamo iyicarubozo. Depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nk’umuhanzi ku izina rya Bobi Wine, avuga ko abayoboke be benshi bari kwibasirwa. Avuga ko bene izi nzu zikorerwamo iyicarubozo. Imbere y’ako kanama ko mu Nteko ya Uganda, Bwana Kyagulanyi yagaragaje urutonde rw’abantu 30 avuga ko bafungiwe ahantu hatazwi muri Uganda. Mu bihe bishize, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye leta ya Uganda gufunga izo nzu z’ibanga zifungirwamo abantu mu buryo butemewe. Inzu zizwi nka ’Safe Houses’ zivugwa kandi no mu bindi bihugu byo mu karere birimo u Rwanda n’u Burundi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga. Abadepite muri Uganda bavuga ko hari abantu bafatwa bagafungirwa muri za safe houses @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Uganda: Minisitiri w’Umutekano yemeje ko hari inzu z’ibanga bafungiramo abantu UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 29-08-2019 saa 09:53' whatsapp Facebook Ku nshuro ya kabiri Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda, Jenerali Elly Tumwine yaraye ashyigikiye ikoreshwa ry’inzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi mu gihugu zizwi nka ’Safe houses’. Ibyo yabivugiye imbere y’akanama k’uburenganzira bwa muntu ko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda. Yari yatumijwe ngo asobanure impungenge zari zagaragajwe n’abadepite ku bivugwa ko ari ibikorwa by’iyicarubozo, itabwa muri yombi ridakurikije amategeko ndetse n’ifungwa ry’Abanya-Uganda ahantu hatemewe kandi ntibaburanishwe. Jenerali Tumwine yavuze ko izo nzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi koko ziriho kandi zikoreshwa muri iki gihugu mu guhuza ibikorwa by’ibanga by’ubutasi. Ariko yahakanye ko izo nzu zikorerwamo iyicarubozo. Depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nk’umuhanzi ku izina rya Bobi Wine, avuga ko abayoboke be benshi bari kwibasirwa. Avuga ko bene izi nzu zikorerwamo iyicarubozo. Imbere y’ako kanama ko mu Nteko ya Uganda, Bwana Kyagulanyi yagaragaje urutonde rw’abantu 30 avuga ko bafungiwe ahantu hatazwi muri Uganda. Mu bihe bishize, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye leta ya Uganda gufunga izo nzu z’ibanga zifungirwamo abantu mu buryo butemewe. Inzu zizwi nka ’Safe Houses’ zivugwa kandi no mu bindi bihugu byo mu karere birimo u Rwanda n’u Burundi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga. Abadepite muri Uganda bavuga ko hari abantu bafatwa bagafungirwa muri za safe houses @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu