Uganda: Minisitiri w’Umutekano yemeje ko hari inzu z’ibanga bafungiramo abantu

Ku nshuro ya kabiri Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda, Jenerali Elly Tumwine yaraye ashyigikiye ikoreshwa ry’inzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi mu gihugu zizwi nka ’Safe houses’.

Ibyo yabivugiye imbere y’akanama k’uburenganzira bwa muntu ko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Yari yatumijwe ngo asobanure impungenge zari zagaragajwe n’abadepite ku bivugwa ko ari ibikorwa by’iyicarubozo, itabwa muri yombi ridakurikije amategeko ndetse n’ifungwa ry’Abanya-Uganda ahantu hatemewe kandi ntibaburanishwe.

Jenerali Tumwine yavuze ko izo nzu zifungirwamo abantu ahantu hatazwi koko ziriho kandi zikoreshwa muri iki gihugu mu guhuza ibikorwa by’ibanga by’ubutasi.

Ariko yahakanye ko izo nzu zikorerwamo iyicarubozo.

Depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nk’umuhanzi ku izina rya Bobi Wine, avuga ko abayoboke be benshi bari kwibasirwa. Avuga ko bene izi nzu zikorerwamo iyicarubozo.

Imbere y’ako kanama ko mu Nteko ya Uganda, Bwana Kyagulanyi yagaragaje urutonde rw’abantu 30 avuga ko bafungiwe ahantu hatazwi muri Uganda.

Mu bihe bishize, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye leta ya Uganda gufunga izo nzu z’ibanga zifungirwamo abantu mu buryo butemewe.

Inzu zizwi nka ’Safe Houses’ zivugwa kandi no mu bindi bihugu byo mu karere birimo u Rwanda n’u Burundi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga.


Abadepite muri Uganda bavuga ko hari abantu bafatwa bagafungirwa muri za safe houses

@Umubavu.com





Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru



Igitekerezo