Close MORE NEWS Polisi ya Uganda yategetswe kwishyura miliyoni 270 z’amashilingi umuturage yakoreye iyicaruzobo UMUBAVU.com Umubavu Kuya 14-10-2018 saa 17:04' whatsapp Facebook Umuhesha w’Inkiko wa Uganda, Francis Atoke, yategetse Polisi y’Igihugu kwishyura indishyi y’akababaro, Jasper Natukunda wo mu Karere ka Rukungiri, wakubiswe n’aba-Ofisiye bayo bikamuviramo ihungabana. Mu ibaruwa Francis yandikiye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda ku wa 12 Ukwakira, isaba ko mu gushyira mu bikorwa icyemezo cy’urukiko, yishyura indishyi z’akababaro za miliyoni 270 z’amashilingi. Daily Monitor yanditse ko Francis yabitegetse nyuma y’igihe Natukunda atakamba ko yabuze amafaranga amujyana kwivuriza muri Turikiya ihungabana yagize kubera gukubitwa n’abapolisi. Polisi yari yaburanye ibwira urukiko ko itigeze ihohotera Natukunda, isaba kurenganurwa ariko rubitera utwatsi. Francis yavuze ko Natukunda yerekanye icyemezo cyo kwa muganga kigaragaza ko yakorewe iyicarubozo nk’uko byagaragajwe n’abatangabuhamya. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Emilian Kayima, yavuze ko hari uburyo amategeko ateganya bwo kwishyura uwo muturage amafaranga yabonetse kandi ko bugomba kuzakurikizwa. Muri iki gihe polisi ya Uganda n’izindi nzego z’umutekano zivugwaho gukoresha iyicarubozo mu kwemeza abantu ibyaha, umudepite akaba n’umuhanzi, Bobi Wine nawe akaba aheruka kurikorerwa ku buryo yagiye kuryivuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Polisi ya Uganda yategetswe kwishyura miliyoni 270 z’amashilingi umuturage yakoreye iyicaruzobo UMUBAVU.com Umubavu Kuya 14-10-2018 saa 17:04' whatsapp Facebook Umuhesha w’Inkiko wa Uganda, Francis Atoke, yategetse Polisi y’Igihugu kwishyura indishyi y’akababaro, Jasper Natukunda wo mu Karere ka Rukungiri, wakubiswe n’aba-Ofisiye bayo bikamuviramo ihungabana. Mu ibaruwa Francis yandikiye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda ku wa 12 Ukwakira, isaba ko mu gushyira mu bikorwa icyemezo cy’urukiko, yishyura indishyi z’akababaro za miliyoni 270 z’amashilingi. Daily Monitor yanditse ko Francis yabitegetse nyuma y’igihe Natukunda atakamba ko yabuze amafaranga amujyana kwivuriza muri Turikiya ihungabana yagize kubera gukubitwa n’abapolisi. Polisi yari yaburanye ibwira urukiko ko itigeze ihohotera Natukunda, isaba kurenganurwa ariko rubitera utwatsi. Francis yavuze ko Natukunda yerekanye icyemezo cyo kwa muganga kigaragaza ko yakorewe iyicarubozo nk’uko byagaragajwe n’abatangabuhamya. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Emilian Kayima, yavuze ko hari uburyo amategeko ateganya bwo kwishyura uwo muturage amafaranga yabonetse kandi ko bugomba kuzakurikizwa. Muri iki gihe polisi ya Uganda n’izindi nzego z’umutekano zivugwaho gukoresha iyicarubozo mu kwemeza abantu ibyaha, umudepite akaba n’umuhanzi, Bobi Wine nawe akaba aheruka kurikorerwa ku buryo yagiye kuryivuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu