Close MORE NEWS Kamonyi: Abantu bagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro, umwe arapfa UMUBAVU.com Kuya 14-08-2018 saa 16:39' whatsapp Facebook Abagabo bane bikekwa ko bari bagiye kwiba amabuye y’agaciro, bagwiriwe n’ikirombe, umwe ahasiga ubuzima babiri barakomereka mu gihe undi yavuyemo ari muzima. Saa saba z’ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2018, abagabo bane bo mu Kagari ka Cubi barimo uwitwa Nteziryayo, Shema Emile, Nsabimana Léandre na Cyrille Twagirumukiza, bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Kayitesi Alice, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko aba baturage bitwikiriye ijoro bakajya kwiba amabuye y’agaciro. Yagize ati‘‘Bari bagiye kwiba amabuye ikirombe kirabagwira, umwe muri bo ahasiga ubuzima, babiri barakomereka undi umwe avamo ari muzima.’’ Uyu muyobozi yakomeje avuga ko basabye abafite ibirombe kubishyiraho uburinzi. Ati ‘‘Twasabye abafite ibirombe kubishyiraho uburinzi kugira ngo hatazajya hagira abitwikira ijoro bakajya kwiba amabuye y’agaciro, turacyashakisha amakuru ngo tumenye niba kiriya kirombe cyari gifite abakirinda n’aho bari bagiye ubwo bariya baturage binjiragamo.’’ Uyu muyobozi yakomeje avuga ko ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka karere bitari byanonzwa. Ati ‘‘Nk’ibijyanye no gutunganya amayira y’aho baca bajya gucukura ntibiranozwa, haracyari kandi n’icyuho mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije by’aho baba bacukuye, ariko dufatanyije n’Ikigo cya ‘Rwanda Mining’ twizeye ko bizagenda bijya mu buryo.’’ Kayitesi yashishikarije abakora ubucukuzi kwishyira hamwe bakabukora kinyamwuga, agasaba n’abaturage kwirinda kujya kwiba amabuye y’agaciro kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga bikanahombya igihugu. Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Kamonyi: Abantu bagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro, umwe arapfa UMUBAVU.com Kuya 14-08-2018 saa 16:39' whatsapp Facebook Abagabo bane bikekwa ko bari bagiye kwiba amabuye y’agaciro, bagwiriwe n’ikirombe, umwe ahasiga ubuzima babiri barakomereka mu gihe undi yavuyemo ari muzima. Saa saba z’ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2018, abagabo bane bo mu Kagari ka Cubi barimo uwitwa Nteziryayo, Shema Emile, Nsabimana Léandre na Cyrille Twagirumukiza, bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Kayitesi Alice, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko aba baturage bitwikiriye ijoro bakajya kwiba amabuye y’agaciro. Yagize ati‘‘Bari bagiye kwiba amabuye ikirombe kirabagwira, umwe muri bo ahasiga ubuzima, babiri barakomereka undi umwe avamo ari muzima.’’ Uyu muyobozi yakomeje avuga ko basabye abafite ibirombe kubishyiraho uburinzi. Ati ‘‘Twasabye abafite ibirombe kubishyiraho uburinzi kugira ngo hatazajya hagira abitwikira ijoro bakajya kwiba amabuye y’agaciro, turacyashakisha amakuru ngo tumenye niba kiriya kirombe cyari gifite abakirinda n’aho bari bagiye ubwo bariya baturage binjiragamo.’’ Uyu muyobozi yakomeje avuga ko ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka karere bitari byanonzwa. Ati ‘‘Nk’ibijyanye no gutunganya amayira y’aho baca bajya gucukura ntibiranozwa, haracyari kandi n’icyuho mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije by’aho baba bacukuye, ariko dufatanyije n’Ikigo cya ‘Rwanda Mining’ twizeye ko bizagenda bijya mu buryo.’’ Kayitesi yashishikarije abakora ubucukuzi kwishyira hamwe bakabukora kinyamwuga, agasaba n’abaturage kwirinda kujya kwiba amabuye y’agaciro kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga bikanahombya igihugu. Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu