Iseta yo gusabiriza ishobora kuvamo iy’ubucuruzi buciriritse

Simon Pierre Muhire, umukozi w’ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda, NUDOR i Nyaruguru, avuga ko iseta yo gusabiriza yanavamo iy’ubucuruzi buciriritse.

Ibi abihera ku kuba mu mirenge ine yo mu Karere ka Nyaruguru umuryango NUDOR umaze hafi umwaka ukoreramo umurimo wo gushishikariza abafite ubumuga kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya, hari abagiye batangira ubucuruzi buciriritse kandi bukaba bugenda bubakura mu bukene.

Agira ati: “Mu matsinda y’abafite ubumuga dufite hari abatangiye gutanga ubuhamya bw’uko bacururiza mu masantere atandukanye, bacuruza imbuto nka avoka. Rero hahandi wicaye usabiriza hashobora kukubera iseta y’bucuruzi.”

Ati: “abo twari kumwe mu itsinda babanje kwanga kunyakira ngo sinabona amafaranga nizigama, n’aho banyakiriye mbatse inguzanyo banyemerera iy’ibihumbi bitanu nari mfitemo. Ariko itsinda ry’abafite ubumuga ndimo ryangurije ibihumbi 40, kandi na 50 mbishatse babimpa.”

Ubwa mbere yagurijwe amafaranga ibihumbi 30 aguramo imbuto y’ibirayi y’ibihumbi 20, akodesha umurima w’ibihumbi bitanu, andi ayifashisha mu guhinga.

Icyakora ikirere nticyabaye cyiza, ntiyakweza uko yari abyiteze, ariko ya mafaranga yabashije kuyishyura mu gihe cy’amezi atatu yari yahawe.

Ubwa kabiri yagujije ibihumbi 40, aguramo ihene n’ingurube, kandi yahinze n’ibindi birayi ku buryo yiteze ko bizamufasha kwishyura uriya mwenda kuko ubu noneho ikirere cyabaye cyiza.

umubavu.com





Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru



Igitekerezo