Close MORE NEWS Burkina Faso: Abantu 14 barimo na Pasiteri biciwe mu rusengero UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 2-12-2019 saa 07:16' whatsapp Facebook Abantu 14 bishwe ubwo abagabo bitwaje imbunda barasaga mu rusengero muri Burkina Faso. Abapfuye bari mu masengesho mu rusengero rw’ahitwa Hantoukoura, mu Burasirazuba bw’igihugu, ejo ku cyumweru. Ntabwo bizwi abagabye icyo gitero kandi icyabibateye na cyo ntikiramenyekana. Abantu babarirwa muri za magana bamaze kwicwa muri icyo gihugu mu myaka micye ishize, ahanini bishwe n’imitwe igendera ku mahame akaze y’idini ya Kisilamu. Ibi biteza ubushyamirane bushingiye ku moko n’imyimerere y’idini, cyane cyane ku mupaka gihana na Mali. Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwo muri ako karere kabereyemo igitero rivuga ko abantu benshi bakomeretse. Umwe mu bashinzwe umutekano yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ko abantu bitwaje intwaro bagabye icyo gitero bica abaje gusenga barimo Pasiteri n’abana. Undi mu bavuganye na AFP yavuze ko abagabye icyo gitero bahise bahunga bari kuri za moto. Mu kwezi kwa cumi, abantu 15 barishwe naho abandi babiri barakomereka bikomeye ubwo hagabwaga igitero ku musigiti. Kuva mu mwaka wa 2015, ibitero by’intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu byariyongereye, bituma amashuri abarirwa mu bihumbi afunga imiryango. Umutekano mucye wageze no hakurwa y’umupaka mu gihugu gituranyi cya Mali aho intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya Kisilamu mu 2012 zigaruriye amajyaruguru y’igihugu. Nyuma zaje gutsinsurwa ku bufatanye n’ingaho z’u Bufaransa. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Burkina Faso: Abantu 14 barimo na Pasiteri biciwe mu rusengero UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 2-12-2019 saa 07:16' whatsapp Facebook Abantu 14 bishwe ubwo abagabo bitwaje imbunda barasaga mu rusengero muri Burkina Faso. Abapfuye bari mu masengesho mu rusengero rw’ahitwa Hantoukoura, mu Burasirazuba bw’igihugu, ejo ku cyumweru. Ntabwo bizwi abagabye icyo gitero kandi icyabibateye na cyo ntikiramenyekana. Abantu babarirwa muri za magana bamaze kwicwa muri icyo gihugu mu myaka micye ishize, ahanini bishwe n’imitwe igendera ku mahame akaze y’idini ya Kisilamu. Ibi biteza ubushyamirane bushingiye ku moko n’imyimerere y’idini, cyane cyane ku mupaka gihana na Mali. Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bwo muri ako karere kabereyemo igitero rivuga ko abantu benshi bakomeretse. Umwe mu bashinzwe umutekano yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ko abantu bitwaje intwaro bagabye icyo gitero bica abaje gusenga barimo Pasiteri n’abana. Undi mu bavuganye na AFP yavuze ko abagabye icyo gitero bahise bahunga bari kuri za moto. Mu kwezi kwa cumi, abantu 15 barishwe naho abandi babiri barakomereka bikomeye ubwo hagabwaga igitero ku musigiti. Kuva mu mwaka wa 2015, ibitero by’intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu byariyongereye, bituma amashuri abarirwa mu bihumbi afunga imiryango. Umutekano mucye wageze no hakurwa y’umupaka mu gihugu gituranyi cya Mali aho intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya Kisilamu mu 2012 zigaruriye amajyaruguru y’igihugu. Nyuma zaje gutsinsurwa ku bufatanye n’ingaho z’u Bufaransa. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu