Close MORE NEWS Abakoreshaga itumanaho rya Tigo Rwanda bagiye kwimurirwa ku murongo wa Airtel UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 19-12-2017 saa 11:37' whatsapp Facebook Ni nyuma yuko Bharti Airtel isinyanye amasezerano na Millicom International Cellular akubiyemo ko Airtel Rwanda Ltd ifata imigabane ingana na 100% bya Tigo Rwanda Ltd. Tigo Rwanda Ltd yari isanzwe ariyo kompanyi ya kabiri mu bakiriya benshi mu by’itumanaho mu Rwanda. Ibi byatangajwe ni ikinyamakuru The Economic Times cyo mu Buhinde nkuko Umuryango babyanditse. Sunil Bharti Mittal, umuyobozi mukuru wa Bharti Airtel yatangaje ko Airtel yafashe ingamba nshya muri Africa zo gukomeza isoko ryayo mu bihugu bike isigayemo ikagera kuri benshi. Yibukije ko Airtel na Tigo byahuje ibikorwa kugira ngo bigire imbaraga muri Ghana. Ati “Uyu munsi twateye indi ntambwe tugura Tigo Rwanda kugira ngo tugire imbaraga ku isoko ririho babiri.” Mu masezerano basinye, abakiriya ba Tigo mu Rwanda barahita bajya ku murongo wa Airtel. Airtel imaze iminsi yongera imbaraga zayo ku isoko rya Africa ishaka kuba iya mbere mu bihugu irimo. Mu bihe bishize, Airtel yaguze izindi kompanyi muri Uganda (Warid) Congo Brazza (Warid), Kenya (yu Mobile) inavanga na Tigo (Millicom) muri Ghana. Mu minsi yashize umuyobozi wa Airtel yari yabwiye Economic Times ko bashaka kongera imbaraga muri Kenya mu Rwanda na Tanzania baciye mu kwihuza n’abandi, kubagurira cyangwa byombi. Intego yabo ngo ni uko mu bihugu 15 bya Africa bakoreramo bahabyaza inyungu guhera mu 2018. Daniel MUKESHIMANA/Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) Dufatanye Evariste Kuya 21-12-2017 Nonese twebwe abakiriye ba Tigo Rwanda bizagenda bite? Dufatanye Evariste Kuya 21-12-2017 Nonese twebwe abakiriye ba Tigo Rwanda bizagenda bite? Andrew Kuya 21-12-2017 Iyinkuru’, rwoseharicyo’, inyigishije’, abarabimbere, bazababanyuma’,koko ntawatekerezagako, Airtel ifite, ubushobozibugezaho, INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Abakoreshaga itumanaho rya Tigo Rwanda bagiye kwimurirwa ku murongo wa Airtel UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 19-12-2017 saa 11:37' whatsapp Facebook Ni nyuma yuko Bharti Airtel isinyanye amasezerano na Millicom International Cellular akubiyemo ko Airtel Rwanda Ltd ifata imigabane ingana na 100% bya Tigo Rwanda Ltd. Tigo Rwanda Ltd yari isanzwe ariyo kompanyi ya kabiri mu bakiriya benshi mu by’itumanaho mu Rwanda. Ibi byatangajwe ni ikinyamakuru The Economic Times cyo mu Buhinde nkuko Umuryango babyanditse. Sunil Bharti Mittal, umuyobozi mukuru wa Bharti Airtel yatangaje ko Airtel yafashe ingamba nshya muri Africa zo gukomeza isoko ryayo mu bihugu bike isigayemo ikagera kuri benshi. Yibukije ko Airtel na Tigo byahuje ibikorwa kugira ngo bigire imbaraga muri Ghana. Ati “Uyu munsi twateye indi ntambwe tugura Tigo Rwanda kugira ngo tugire imbaraga ku isoko ririho babiri.” Mu masezerano basinye, abakiriya ba Tigo mu Rwanda barahita bajya ku murongo wa Airtel. Airtel imaze iminsi yongera imbaraga zayo ku isoko rya Africa ishaka kuba iya mbere mu bihugu irimo. Mu bihe bishize, Airtel yaguze izindi kompanyi muri Uganda (Warid) Congo Brazza (Warid), Kenya (yu Mobile) inavanga na Tigo (Millicom) muri Ghana. Mu minsi yashize umuyobozi wa Airtel yari yabwiye Economic Times ko bashaka kongera imbaraga muri Kenya mu Rwanda na Tanzania baciye mu kwihuza n’abandi, kubagurira cyangwa byombi. Intego yabo ngo ni uko mu bihugu 15 bya Africa bakoreramo bahabyaza inyungu guhera mu 2018. Daniel MUKESHIMANA/Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) Dufatanye Evariste Kuya 21-12-2017 Nonese twebwe abakiriye ba Tigo Rwanda bizagenda bite? Dufatanye Evariste Kuya 21-12-2017 Nonese twebwe abakiriye ba Tigo Rwanda bizagenda bite? Andrew Kuya 21-12-2017 Iyinkuru’, rwoseharicyo’, inyigishije’, abarabimbere, bazababanyuma’,koko ntawatekerezagako, Airtel ifite, ubushobozibugezaho, INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu