Close MORE NEWS Rubavu: Abantu batandatu bajyanywe mu bitaro bazira amata UMUBAVU.com Umubavu Kuya 13-04-2021 saa 06:57' whatsapp Facebook Abantu batandatu bo mu muryango utuye mu Mudugudu wa Buhuru, Akagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kunywa amata bikekwa ko yari ahumanye. Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Mata 2020. Abajyanywe kwa muganga bivugwa ko banyoye amata yazanywe n’umugabo muri uru rugo ayavanye iwabo mu Karere ka Rutsiro aho yari yagiye gushyingura. Abajyanywe mu bitaro barimo ababyeyi babiri bo muri uyu muryango n’abana babo batatu n’umwe wo mu baturanyi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Byahi, Rwema Bienvenu, yemeje aya makuru avuga ko aba bantu bajyanywe kwa muganga kugira ngo bitabweho. Yagize ati “Bafashwe bose mu masaha ya saa Sita baribwa mu nda banaruka, bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Byahi kuko bari bameze nabi boherezwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo bitabweho byisumbuyeho. Biravugwa ko byaba byatewe n’amata banyweye. Turacyakurikirana.’’ Yakomeje asaba abaturage kwirinda kujya bakira ibinyobwa batazi neza aho byaturutse. Ku wa 17 Nyakanga 2017 abana babiri bavukana n’umwe w’umuturanyi bo mu Kagari ka Rwaza, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bitabye Imana bazize imyumbati bariye. Ivomo:Igihe Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Rubavu: Abantu batandatu bajyanywe mu bitaro bazira amata UMUBAVU.com Umubavu Kuya 13-04-2021 saa 06:57' whatsapp Facebook Abantu batandatu bo mu muryango utuye mu Mudugudu wa Buhuru, Akagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kunywa amata bikekwa ko yari ahumanye. Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Mata 2020. Abajyanywe kwa muganga bivugwa ko banyoye amata yazanywe n’umugabo muri uru rugo ayavanye iwabo mu Karere ka Rutsiro aho yari yagiye gushyingura. Abajyanywe mu bitaro barimo ababyeyi babiri bo muri uyu muryango n’abana babo batatu n’umwe wo mu baturanyi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Byahi, Rwema Bienvenu, yemeje aya makuru avuga ko aba bantu bajyanywe kwa muganga kugira ngo bitabweho. Yagize ati “Bafashwe bose mu masaha ya saa Sita baribwa mu nda banaruka, bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Byahi kuko bari bameze nabi boherezwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo bitabweho byisumbuyeho. Biravugwa ko byaba byatewe n’amata banyweye. Turacyakurikirana.’’ Yakomeje asaba abaturage kwirinda kujya bakira ibinyobwa batazi neza aho byaturutse. Ku wa 17 Nyakanga 2017 abana babiri bavukana n’umwe w’umuturanyi bo mu Kagari ka Rwaza, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bitabye Imana bazize imyumbati bariye. Ivomo:Igihe Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu