Close MORE NEWS Vatican :Papa Francis yagize icyo avuga ku Bapadiri bakora ubutinganyi UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 3-12-2018 saa 10:16' whatsapp Facebook Ibi bije mbere yuko umupadiri wo muri Kiliziya Gatolika none taliki ya 03 z’uku kwezi k’Ukuboza arashyira ahagaragara ndetse akanamurika igitabo ku bakora imibonano mpuzabitsina bahuje ibitsina (Abatinganyi), Papa Francis yagarutse ku muco mubi uri kugaragara mu bapadiri n’abandi bihaye Imana bishora mu butinganyi. Igitabo "Imbaraga z’Umuhamagaro" cya Padiri Fernando Prado, gishingiye ku biganiro by’amasaha ane yagiranye na Papa Francis ku ngorane zo kuba uwihayimana. Papa Francis yavuze ko guhuza ibitsina kw’ab’igitsina kimwe "byeze", nuko ashishikariza abihayimana gukurikiza amasezerano yabo yo kudashaka no kudakora imibonano mpuzabitsina. Yagize ati "nta ntore z’Imana zagakwiye kwiyandarika bigeze aho, nabibutsa gusubira mu masezerano baba baragiranye n’umusaseridoti mukuru ariwe Yezu Kristu". Ubundi mu busanzwe uhabwa Isakramentu ry’ubusaseridoti yiga igihe kirekire, akiga ibijyanye na Philosophia (Philosophie) ndetse n’ubumenyamana (Theologia). Nyuma y’icyo gihe cyose ahabwa nabwo umwaka usaga wo kwimenyereza (Stage Pastorale) mbere yuko ahabwa ubupadiri. Iyo ahabwa ubusaseridoti asezeranira umusaseridoti mukuru ariwe Yezu Kristo ibintu bine aribyo Kubaha, Ubukene,kumvira n’ubumanzi. Papa Francis yagiriye inama abigisha abazavamo intore za Kristu kubakoraho ubugenzuzi bwimbitse mbere yuko bahabwa Isakaramentu ry’ubusaseridoti nyirizina. Yagize ati "ni ukureba ko ugiye guhabwa Isakramentu akuze bihagije kuko ubukure (Maturite) bwe aribwo buzamufasha no guhangana n’ibishuko ndetse n’ibigeragezo bitandukanye azahura nabyo. Kuva mu myaka itanu ishize hagiye hagaragazwa Abapadiri ba Kiriziya Gatolika bafata abana ku ngufu, bamwe mu bayobozi bakuru ba Kiliziya bagashinjwa uruhare rwo kubahishira ntibagezwe imbere y’inkiko ngo babiryozwe. Komeza intore zawe Nyagasani kuko ni wowe utora. Nsengumuremyi Denis Fabrice @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Vatican :Papa Francis yagize icyo avuga ku Bapadiri bakora ubutinganyi UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 3-12-2018 saa 10:16' whatsapp Facebook Ibi bije mbere yuko umupadiri wo muri Kiliziya Gatolika none taliki ya 03 z’uku kwezi k’Ukuboza arashyira ahagaragara ndetse akanamurika igitabo ku bakora imibonano mpuzabitsina bahuje ibitsina (Abatinganyi), Papa Francis yagarutse ku muco mubi uri kugaragara mu bapadiri n’abandi bihaye Imana bishora mu butinganyi. Igitabo "Imbaraga z’Umuhamagaro" cya Padiri Fernando Prado, gishingiye ku biganiro by’amasaha ane yagiranye na Papa Francis ku ngorane zo kuba uwihayimana. Papa Francis yavuze ko guhuza ibitsina kw’ab’igitsina kimwe "byeze", nuko ashishikariza abihayimana gukurikiza amasezerano yabo yo kudashaka no kudakora imibonano mpuzabitsina. Yagize ati "nta ntore z’Imana zagakwiye kwiyandarika bigeze aho, nabibutsa gusubira mu masezerano baba baragiranye n’umusaseridoti mukuru ariwe Yezu Kristu". Ubundi mu busanzwe uhabwa Isakramentu ry’ubusaseridoti yiga igihe kirekire, akiga ibijyanye na Philosophia (Philosophie) ndetse n’ubumenyamana (Theologia). Nyuma y’icyo gihe cyose ahabwa nabwo umwaka usaga wo kwimenyereza (Stage Pastorale) mbere yuko ahabwa ubupadiri. Iyo ahabwa ubusaseridoti asezeranira umusaseridoti mukuru ariwe Yezu Kristo ibintu bine aribyo Kubaha, Ubukene,kumvira n’ubumanzi. Papa Francis yagiriye inama abigisha abazavamo intore za Kristu kubakoraho ubugenzuzi bwimbitse mbere yuko bahabwa Isakaramentu ry’ubusaseridoti nyirizina. Yagize ati "ni ukureba ko ugiye guhabwa Isakramentu akuze bihagije kuko ubukure (Maturite) bwe aribwo buzamufasha no guhangana n’ibishuko ndetse n’ibigeragezo bitandukanye azahura nabyo. Kuva mu myaka itanu ishize hagiye hagaragazwa Abapadiri ba Kiriziya Gatolika bafata abana ku ngufu, bamwe mu bayobozi bakuru ba Kiliziya bagashinjwa uruhare rwo kubahishira ntibagezwe imbere y’inkiko ngo babiryozwe. Komeza intore zawe Nyagasani kuko ni wowe utora. Nsengumuremyi Denis Fabrice @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu