Close MORE NEWS Umutoza mushya wa Rayon Sports yasesekaye i Rwanda bucece UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 19-09-2019 saa 15:42' whatsapp Facebook Umutoza mushya wa Rayon Sports uje gufatanya n’abakinnyi ba Rayon Sports kwitwara neza mu mwaka utaha w’imikino wa 2019-2020, yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye akaba azerekanwa ku mugaragaro ejo i Ngoma. Aje nyuma y’uko mu ntangiriro za Kanama 2019 ,Rayon Sports yatandukanye burundu n’uwari umutoza wayo ukomoka mu gihugu cya Brazil, Robertinho. Kuva icyo gihe ikipe yahise ijya mu ntoki z’umutoza wungirije, Alain Kirasa aho nyuma yaje gutozwa na Kayiranga Jean Baptiste umuyobozi ushinzwe tekinike muri iyi kipe. Amakuru atugeraho yemeza ko umutoza w’iyi kipe uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino, yamaze kugera i Kigali. Biteganyijwe ko uyu mutoza azerekwa abakinnyi ku munsi w’ejo mu karere ka Ngoma aho iyi kipe irimo gukorera umwiherero, akaba azahita anakomezanya nayo ayikoresha imyitozo. Uyu mutoza bivugwa ko amaze igihe kingana n’iminsi 3 mu Rwanda kuko yahageze ku wa Mbere w’iki cyumweru. Uretse amakuru y’uko uyu mutoza yamaze kugera mu Rwanda, amazina ye ndetse n’igihugu akomokamo byose byagizwe ibanga rikomeye ku buryo na bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports batamuzi. Bafashe umwanzuro ko abantu bose bazamumenya ku munsi w’ejo ubwo azaba yerekanwa ku mugaragaro. Mu minsi yashize, byavugwaga ko Charles Kwablan Akonnor ukomoka muri Ghana ari mu biganiro n’iyi kipe, ndetse byanavuzwe Luc Eymael ashobora kugaruka gusa amakuru avuga ko atari we. Rayon Sports iri mu mwiherero mu Karere ka Ngoma Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) kiga Kuya 20-09-2019 Ibyo uko umutoza mushya yaje ni umuvugizi wa Rayon wabibeshye, ariko ntarahagera ni yaza ubuyobozi buzabamenyesha. INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Umutoza mushya wa Rayon Sports yasesekaye i Rwanda bucece UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 19-09-2019 saa 15:42' whatsapp Facebook Umutoza mushya wa Rayon Sports uje gufatanya n’abakinnyi ba Rayon Sports kwitwara neza mu mwaka utaha w’imikino wa 2019-2020, yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye akaba azerekanwa ku mugaragaro ejo i Ngoma. Aje nyuma y’uko mu ntangiriro za Kanama 2019 ,Rayon Sports yatandukanye burundu n’uwari umutoza wayo ukomoka mu gihugu cya Brazil, Robertinho. Kuva icyo gihe ikipe yahise ijya mu ntoki z’umutoza wungirije, Alain Kirasa aho nyuma yaje gutozwa na Kayiranga Jean Baptiste umuyobozi ushinzwe tekinike muri iyi kipe. Amakuru atugeraho yemeza ko umutoza w’iyi kipe uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino, yamaze kugera i Kigali. Biteganyijwe ko uyu mutoza azerekwa abakinnyi ku munsi w’ejo mu karere ka Ngoma aho iyi kipe irimo gukorera umwiherero, akaba azahita anakomezanya nayo ayikoresha imyitozo. Uyu mutoza bivugwa ko amaze igihe kingana n’iminsi 3 mu Rwanda kuko yahageze ku wa Mbere w’iki cyumweru. Uretse amakuru y’uko uyu mutoza yamaze kugera mu Rwanda, amazina ye ndetse n’igihugu akomokamo byose byagizwe ibanga rikomeye ku buryo na bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports batamuzi. Bafashe umwanzuro ko abantu bose bazamumenya ku munsi w’ejo ubwo azaba yerekanwa ku mugaragaro. Mu minsi yashize, byavugwaga ko Charles Kwablan Akonnor ukomoka muri Ghana ari mu biganiro n’iyi kipe, ndetse byanavuzwe Luc Eymael ashobora kugaruka gusa amakuru avuga ko atari we. Rayon Sports iri mu mwiherero mu Karere ka Ngoma Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) kiga Kuya 20-09-2019 Ibyo uko umutoza mushya yaje ni umuvugizi wa Rayon wabibeshye, ariko ntarahagera ni yaza ubuyobozi buzabamenyesha. INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu