Close MORE NEWS Yiyambitse nka Polisi yica 16 barimo n’umupolisi abarashe UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 20-04-2020 saa 09:29' whatsapp Facebook Umugabo wari wambaye nk’abapolisi yishe abantu bagera kuri 16 abarashe, muri bo harimo n’umupolisikazi, byabereye ahitwa Nova Scotia nk’uko igipolisi cya Canada kibitangaza. Ni igitero cyamaze amasaha 12 cyarangiye uyu mugabo nawe ari guhigwa ndetse apfuye. Abatuye mu gace k’icyaro kitwa Portapique bahise basabwa kwikingirana mu nzu zabo ubwo uyu mugabo yari atangiye ubu bugizi bwa nabi ku wa Gatandatu. Mbere, Polisi yavuze ko uyu mugabo ukekwa yari atwaye imodoka isa n’iy’abapolisi. Yagiye arasa abantu ahantu hatandukanye muri Nova Scotia, kugeza ubu abategetsi ntibaramenya neza umubare w’abo yishe bose nk’uko Polisi yabitangaje ejo ku cyumweru. Ivuga ko abo yishe n’inkomere bashobora kwiyongera. Umupolisikazi Heidi Stevenson wari umaze imyaka 23 mu gipolisi ari mu bishwe n’uyu mugabo. Uwungirije uyobora Polisi ya Noca Scotia yatangaje kuri Facebook ko "Heidi yagiye gutabara nyuma ya Telephone itabaza akagwa ku kazi ke arengera abantu akorera". Uyu mupolisi yatangaje ko hari abana babiri bapfushije nyina na se abura umugore we. Ko hari ababyeyi yiciye umukobwa wabo, abandi benshi bakabura inshuti n’abavandimwe. Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau yatangaje ibyabaye nk’ibintu "biteye ubwoba cyane". Polisi ya Nova Scotia yatangaje kuri Twitter ko ukekwa ari umugabo witwa Gabriel Wortman w’imyaka 51. Ko atari umupolisi muri aka gace ariko "ashobora kuba yari yambaye imyenda y’igipolisi" cyo muri aka gace. Banditse bati "Ikintu kimwe gusa nicyo cyatandukanyaga imodoka ye n’iza Polisi zisanzwe, umubare uyiranga. Yari ifite umubare 28B11". Nyuma ariko uyu mugabo yahinduye imodoka ajya mu yindi ya Chevrolet nk’uko polisi ibivuga. Ukekwa gukora ubu bwicanyi Gusa Polisi ntiyatangaje uburyo uyu mugabo yapfuyemo. Kwica abantu benshi barashwe bibaho gacyeya muri Canada, aho amategeko yo gutunga imbunda muri rubanda akomeye kurusha mu baturanyi muri Amerika. Mu 2019, abana babiri bemeye ko barashe bakica abantu batatu barimo umugabo n’umugore bo muri Australia bari baje mu biruhuko mu ntara ya British Columbia. Mu 1989, kurasa abantu muri kaminuza muri Quebec byaguyemo ab’igitsina gore 14 nyuma y’uko uwabishe abanje gusohora abagabo bose mu ishuri akarasa abagore gusa. Umubare uranga imodoka niwo gusa watandukanyaga imodoka yari arimo n’izisanzwe na Polisi Abanyamakuru bati “Noneho Amb Olivier Nduhungirehe arahungirahe”, iyumvire ubusesenguzi bwabo muri iyi Video utapfa gusanga ahandi: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Yiyambitse nka Polisi yica 16 barimo n’umupolisi abarashe UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 20-04-2020 saa 09:29' whatsapp Facebook Umugabo wari wambaye nk’abapolisi yishe abantu bagera kuri 16 abarashe, muri bo harimo n’umupolisikazi, byabereye ahitwa Nova Scotia nk’uko igipolisi cya Canada kibitangaza. Ni igitero cyamaze amasaha 12 cyarangiye uyu mugabo nawe ari guhigwa ndetse apfuye. Abatuye mu gace k’icyaro kitwa Portapique bahise basabwa kwikingirana mu nzu zabo ubwo uyu mugabo yari atangiye ubu bugizi bwa nabi ku wa Gatandatu. Mbere, Polisi yavuze ko uyu mugabo ukekwa yari atwaye imodoka isa n’iy’abapolisi. Yagiye arasa abantu ahantu hatandukanye muri Nova Scotia, kugeza ubu abategetsi ntibaramenya neza umubare w’abo yishe bose nk’uko Polisi yabitangaje ejo ku cyumweru. Ivuga ko abo yishe n’inkomere bashobora kwiyongera. Umupolisikazi Heidi Stevenson wari umaze imyaka 23 mu gipolisi ari mu bishwe n’uyu mugabo. Uwungirije uyobora Polisi ya Noca Scotia yatangaje kuri Facebook ko "Heidi yagiye gutabara nyuma ya Telephone itabaza akagwa ku kazi ke arengera abantu akorera". Uyu mupolisi yatangaje ko hari abana babiri bapfushije nyina na se abura umugore we. Ko hari ababyeyi yiciye umukobwa wabo, abandi benshi bakabura inshuti n’abavandimwe. Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau yatangaje ibyabaye nk’ibintu "biteye ubwoba cyane". Polisi ya Nova Scotia yatangaje kuri Twitter ko ukekwa ari umugabo witwa Gabriel Wortman w’imyaka 51. Ko atari umupolisi muri aka gace ariko "ashobora kuba yari yambaye imyenda y’igipolisi" cyo muri aka gace. Banditse bati "Ikintu kimwe gusa nicyo cyatandukanyaga imodoka ye n’iza Polisi zisanzwe, umubare uyiranga. Yari ifite umubare 28B11". Nyuma ariko uyu mugabo yahinduye imodoka ajya mu yindi ya Chevrolet nk’uko polisi ibivuga. Ukekwa gukora ubu bwicanyi Gusa Polisi ntiyatangaje uburyo uyu mugabo yapfuyemo. Kwica abantu benshi barashwe bibaho gacyeya muri Canada, aho amategeko yo gutunga imbunda muri rubanda akomeye kurusha mu baturanyi muri Amerika. Mu 2019, abana babiri bemeye ko barashe bakica abantu batatu barimo umugabo n’umugore bo muri Australia bari baje mu biruhuko mu ntara ya British Columbia. Mu 1989, kurasa abantu muri kaminuza muri Quebec byaguyemo ab’igitsina gore 14 nyuma y’uko uwabishe abanje gusohora abagabo bose mu ishuri akarasa abagore gusa. Umubare uranga imodoka niwo gusa watandukanyaga imodoka yari arimo n’izisanzwe na Polisi Abanyamakuru bati “Noneho Amb Olivier Nduhungirehe arahungirahe”, iyumvire ubusesenguzi bwabo muri iyi Video utapfa gusanga ahandi: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu