Close MORE NEWS Umujyi witiriwe umuhanzi Akon ugiye gutangira kubakwa UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 2-09-2020 saa 08:36' whatsapp Facebook Umuhanzi w’injyana ya R&B wo muri Amerika, Akon kuva mu 2018 yavugaga iby’umujyi mushya ashaka kubaka muri Senegal, ku wa mbere yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ko umwaka utaha imirimo yo kuwubaka izatangira. Yavuze ko atavuga abashoramari babirimo ariko ko kimwe cya Gatatu cya miliyari esheshatu z’amadorari ya Amerika yari akenewe yamaze kuboneka. Hussein Bakri, umuhanga mu bwubatsi wakoze igishushanyo mbonera cy’uwo mujyi, avuga ko niwuzura uzaturwa n’abantu bagera ku 300,000. Akon, amazina ye nyakuri ni Aliaune Badara Thiam, ni we watangiye kubwira iby’uyu mujyi abirabura bakomoka muri Afurika baba muri Amerika. Yasobanuraga ko yabonye ko "benshi mu birabura bakomoka muri Afurika batazi umuco wabo… Ibiro Ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’uyu mugabo wavukiye muri Amerika ku babyeyi bo muri Senegal avuga ati "Rero nashakaga kubaka umujyi cyangwa umushinga nk’uyu uzabereka ko bafite ahandi bakwita iwabo" Yongeraho ati "Mu gihe uje uvuye muri Amerika, cyangwa i Burayi cyangwa mu yandi mahanga, ukumva ushaka gusura Afurika, turashaka ko Senegal iba ahantu ha mbere uzahagarara". Akon asanzwe afite umushinga yise ’Akon Lighting Africa’ umaze kugeza amashanyarazi ku baturage batari bayafite mu bihugu birenga 10 muri Afurika. Umujyi witiriwe Akon ’Akon City’ ugiye gutangira kubakwa Byakaze noneho Amerika yinjiye mu kibazo cya Rusesabagina, umukobwa wa Rusesabagina arabivuze byose: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Umujyi witiriwe umuhanzi Akon ugiye gutangira kubakwa UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 2-09-2020 saa 08:36' whatsapp Facebook Umuhanzi w’injyana ya R&B wo muri Amerika, Akon kuva mu 2018 yavugaga iby’umujyi mushya ashaka kubaka muri Senegal, ku wa mbere yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ko umwaka utaha imirimo yo kuwubaka izatangira. Yavuze ko atavuga abashoramari babirimo ariko ko kimwe cya Gatatu cya miliyari esheshatu z’amadorari ya Amerika yari akenewe yamaze kuboneka. Hussein Bakri, umuhanga mu bwubatsi wakoze igishushanyo mbonera cy’uwo mujyi, avuga ko niwuzura uzaturwa n’abantu bagera ku 300,000. Akon, amazina ye nyakuri ni Aliaune Badara Thiam, ni we watangiye kubwira iby’uyu mujyi abirabura bakomoka muri Afurika baba muri Amerika. Yasobanuraga ko yabonye ko "benshi mu birabura bakomoka muri Afurika batazi umuco wabo… Ibiro Ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’uyu mugabo wavukiye muri Amerika ku babyeyi bo muri Senegal avuga ati "Rero nashakaga kubaka umujyi cyangwa umushinga nk’uyu uzabereka ko bafite ahandi bakwita iwabo" Yongeraho ati "Mu gihe uje uvuye muri Amerika, cyangwa i Burayi cyangwa mu yandi mahanga, ukumva ushaka gusura Afurika, turashaka ko Senegal iba ahantu ha mbere uzahagarara". Akon asanzwe afite umushinga yise ’Akon Lighting Africa’ umaze kugeza amashanyarazi ku baturage batari bayafite mu bihugu birenga 10 muri Afurika. Umujyi witiriwe Akon ’Akon City’ ugiye gutangira kubakwa Byakaze noneho Amerika yinjiye mu kibazo cya Rusesabagina, umukobwa wa Rusesabagina arabivuze byose: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu