Perezida  Nkurunziza mu nzira yo kugundira ubutegetsi ahindura Itegeko Nshinga

Mu itangazo ry’ibyigiwe mu nama ryasohowe na Leta ya Pierre Nkurunziza, rivuga ko mu ibisabwa guhinduka harimo ko umukuru w’igihugu atorwa n’abanyagihugu ubwabo gusa kandi umukuru w’igihugu akanahabwa ubudahangarwa bwihariye.

Mu itegeko rishya rifuzwa ko haba harimo gushinga ikicaro gishya cya Minisitiri w’Intebe ndetse hakaba n’uwungirije Perezida wa Repubulika umwe gusa mu gihe bari basanzwe ari bibiri.

Pierre Nkurunziza uri ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2005

Imibare y’amajwi akenewe mu kwemeza ihindurwa ry’amategeko mu nama y’umutwe w’abadepite ni 2/3, akaba 50% wongeyeho ijwi rimwe ku mategeko asanzwe ndetse na 3/5 ku mategeko amwe n’amwe ariko nayo afatwa nk’akomeye cyane.

Mu nzego za leta hasabwa amajwi 50% naho mu gisirikare n’igipolisi iryo tangazo rivuga ko nta tegeko na rimwe rizakorwaho uretse ku ngingo zijyanye no kwimakaza democrasi, amahoro n’umutekano, kudahutaza abatavuga rumwe na Leta n’uburenganzira bwabo mu gihugu.

Ibizahinduka ni byinshi nkuko itangazo ryasohowe ribivuga muri iryo ko ingingo zisaga 77 zose zizavugururwa. Muri izi ngingo kandi ni nazo zirimo izerekeye ikibazo nyamukuru cyerekeye manda z’umukuru w’igihugu gusa muri iri tangazo iyi ngingo yo ikaba itaravuzweho ari nacyo gikekwa ko ari yo mayeri yo gushaka guhindura iyi ngingo kuko nayo iri muri izi ziteganyijwe kwigwaho no kuvugururwa.

Nubwo ibi bimeze gutya hari anbarundi bamwe na bamwe bifuza ko ingingo zimwe na zimwe zitanoze neza zasibwa mu Itegeko Nshinga ndetse by’umwihariko bakavuga ku masezerano ya Arusha ashobora gukurwamo.

Ibinyamakuru bimwe na bimwe byanditse ko iyo myiteguro y’amavugurura y’Itegeko Nshinga itegekanya ko manda z’umukuru w’igihugu zava ku myaka 5 ikaba imyaka irindwi nyuma yayo hakaba ntawemerewe kurenza manda ebyiri zikurikiranya.

Ibi byose bitegerejwe kwemezwa n’akanama kasizweho ngo kige byimbitse ku ngingo zikwiye guhindurwa mu Itegeko Nshinga bityo bikazamenyekena ubwo aka kanama kazaba gasohoye icyegeranyo cyako cya nyuma mu minsi itarenga ukwezi kumwe dore ko ari nayo gasigaje ngo karangize manda yako.

Ihindurwa ry’izi ngingo niryemezwa, hazaba hasigaye gusa inzira yo gutorwa n’abarundi ubwabo mu gihe kitaratangazwa kw’isango ritaratagazwa n’ubwo hari abavuga ko ari mu kwezi kwa kabiri mu mwaka utaha wa 2018.

Daniel MUKESHIMANA/Umubavu.com





Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru



Igitekerezo
Fitina Fideli Kuya 28-10-2017

Ndi uganda ndikubona Nkurunziza bamureka akayobora muurakoze

Fitina Fideli Kuya 28-10-2017

Ndi uganda ndikubona Nkurunziza bamureka akayobora muurakoze