Close MORE NEWS Ifunguro rya nyuma basabye mbere yo kwicwa UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 17-08-2020 saa 13:47' whatsapp Facebook Mu kumvikanisha kurushaho igihano cy’urupfu muri Amerika, umunyamakuru ufotora yabashije kongera gutunganya amashusho agaragaza amafunguro ya nyuma yahawe imfungwa zakatiwe iki gihano mbere yo kwicwa. Ibiryo bya nyuma byasabwe na Clydell Coleman, yishwe tariki 5 ukwa gatanu mu 1999 "Biba bimeze gute gusaba ifunguro rya nyuma mbere yo kwicwa uzira icyaha wakoze cyangwa utakoze?" Ni ikibazo umunyamakuru w’umunyabugeni mu mafoto w’Umunyamerika yibajije kuri uyu mushinga. Agira ati: "Turamutse twishyize imbere y’ibi biryo, wenda dushobora kumva uko byari bimeze. "Wenda dushobora kwibaza ibindi ku mpamvu n’imigirire y’ubutabera. "Yenda dushobora "Yenda dushobora kumva agahinda k’uwakatiwe iki gihano." Aha hariho andi makuru y’abahawe icyo gihano, harimo imyaka bamaze mu mashuri, icyo bakoraga n’ijambo rya nyuma bavuze mbere yo kwicwa. David Wayne Stoker Ifunguro ririho burgers, ifiriti na ice cream Yishwe: 16/06/1997 Imyaka mu mashuri: Umunani Akazi yakoraga: Umubaji Ijambo rye rya nyuma: "Mbabajwe no kuba mwarabuze abanyu... ariko nta muntu nishe." Anthony Ray Westley Ifunguro ririho ifiriti, inkoko itetse mu mavuta n’umugati Yishwe: 13/05/1997 Imyaka mu mashuri: Umunani Akazi yakoraga: Umuhinzii Ijambo rye rya nyuma: "Ndagirango mumenye ko nta muntu nigeze nica. Ndabakunda mwese." Thomas Andy Barefoot Ifunguro ririho, ibishyimbo, umuceri, imboga, ibigori, isosi na cola Yishwe: 30/10/1984 Imyaka mu mashuri: Ntabwo bizwi Akazi yakoraga: Umukozi mu ruganda rucukura ibitoro Ijambo rye rya nyuma "Ndashaka ko buri wese amenya ko nta rwango mufitiye. Ndabababariye bose. Nizeye ko uwo nahemukiye wese azambabarira... Nsabye imbabazi ku byo nakoze byose ku wo ari we wese. Nizeye ko bazambabarira." James Russell Yasabye ’apple’, ’pomme’ Yishwe: 19 /09/ 1991 Imyaka mu mashuri: 10 Akazi yakoraga: Umunyamuziki Ijambo rye rya nyuma: Bivugwa ko ryamaze iminota itatu, birashoboka ko ritanditswe cyangwa ritafashwe amajwi. Jeffrey Allen Barney Ingeri irimo amata n’amapaki abiri y’ibiryo byo mu nganda Yishwe: 16 /04/ 1986 Imyaka mu mashuri: Ntizwi Akazi yakoraga: Ntikazwi Ijambo rye nyuma: "Ndasaba imbabazi kubyo nakoze. Nkwiriye iki gihano. Yesu/zu mbabarira." Johnny Frank Garrett Ingemeri irimo chocolat na ice cream z’inkeri Yishwe: 11 /02/ 1992 Imyaka mu mashuri: Irindwi Akazi yakoraga: Umuhinzi Ijambo rye rya nyuma: "Ndashaka gushimira umuryango wanjye ku rukundo no kunyitaho. Naho abasigaye bose bo ku isi baragasoma ikibuno cyanjye." William Prince Davis Ifunguro ririho amaguru y’inkoko, ibishyimbo, umugati n’utwo guhekenya na coca cola yo kumanuza Yishwe: 14 /09/ 1999 Imyaka yamaze yiga: Irindwi Akazi yakoraga: Umuhanga mu gusakara Ijambo rye rya nyuma: "Ndashaka gusaba imbabazi umuryango wanjye kubw’akababaro batewe n’ibyo nakoze... Ndashaka no gushimira abagabo bose bakatiwe urwo gupfa ku rukundo banyeretse muri iyi myaka. "Nizeye ko guha umubiri wanjye abakora siyansi bizatuma ibice byawo hari umuntu bifasha...Ni ibyo mfite byo kuvuga, murinzi." Gerald Lee Mitchell Yasabye za bonbon Yishwe: 22 /10/ 2001 Imyaka yamaze mu mashuri: Icumi Akazi yakoraga: Umubaji Ijambo rye rya nyuma: "Umbabarire ku kukubabaza. Umbabarire kukwambura ubuzima. Ndasaba n’Imana imbabazi. Ndabizi bishobora kuba bikomeye ariko ndasaba imbabazi ku byo nakoze. "Ku muryango wanjye, nkunda buri wese muri mwe. Mukomere. Mumenye ko nzahora mbakunda, iteka. Ndabizi ko ngiye iwacu kubana n’Imana. Murire mu byishimo ku bwa njye." Robert Anthony Madden Ntacyo yahawe Yishwe: 28 /05/ 1997 Imyaka yamaze mu ishuri: 12 Akazi yakoraga: Umutetsi Ijambo rye rya nyuma: "Ndabasaba imbabazi ku kubura abantu kwanyu n’akababaro. Ariko sinishe bariya bantu. Nizeye ko tuzamenya uko twahagarika uru rwango no kwihorera tugaha agaciro ibiri ku isi. "Mbabariye buri wese kubera ibi bigiye kuba, biboneka ko atari byo [bidakwiye]" James Beathard Ifunguro ririho imboga, ifiriti, karoti, n’inkoko itetse mu mavuta n’icyo kunywa Yishwe: 9 /12/1999 Imyaka yamaze mu ishuri: 15 Akazi yakoraga: Umukanishi wa za moto Nyuma y’urubanza rwe, umutangabuhamya w’ibanze w’umushinjacyaha yisubiyeho ku buhamya bwe n’abacamanza batatu mu bamuburanishije bamusabiye imbabazi. Ijambo rye rya nyuma "Hari ibyo nshaka kuvuga. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta hantu zishyira kubaka ubuzima bw’umuntu. Kunyica ni ikimenyetso cy’indwara ikomeye. Hari igihe leta ikwiye guhagarika gusenya ibindi bihugu no kwica abana b’inzirakarengane. Ibihano byafatiwe Iran, Iraq, Cuba n’ahandi nta cyo bikora mu guhindura isi kandi birababaza abana barengana. "Ahubwo icy’ingenzi cyane ni uburyo dufata ibidukikije kuko biri kwangirika cyane kandi nitubikomeza aho tugana ni uko uburyo bwose dufatamo abandi bantu kuko twese kuri iyi si turi kuyivaho. "Imwe mu nzira nyazo ukuri kw’ibiri kuba kuzajya hanze, cyangwa abantu bakamenya ibiri kuba ni ugushyigikira itangazamakuru ryigenga. Ndimo ndabona itangazamakuru rigorwa no gukomeza kubaho nk’urwego rwigenga." Inkuru dukesha BBC Ikihishe inyuma yo kwirukanwa kwa Karasira Aimable wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Ifunguro rya nyuma basabye mbere yo kwicwa UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 17-08-2020 saa 13:47' whatsapp Facebook Mu kumvikanisha kurushaho igihano cy’urupfu muri Amerika, umunyamakuru ufotora yabashije kongera gutunganya amashusho agaragaza amafunguro ya nyuma yahawe imfungwa zakatiwe iki gihano mbere yo kwicwa. Ibiryo bya nyuma byasabwe na Clydell Coleman, yishwe tariki 5 ukwa gatanu mu 1999 "Biba bimeze gute gusaba ifunguro rya nyuma mbere yo kwicwa uzira icyaha wakoze cyangwa utakoze?" Ni ikibazo umunyamakuru w’umunyabugeni mu mafoto w’Umunyamerika yibajije kuri uyu mushinga. Agira ati: "Turamutse twishyize imbere y’ibi biryo, wenda dushobora kumva uko byari bimeze. "Wenda dushobora kwibaza ibindi ku mpamvu n’imigirire y’ubutabera. "Yenda dushobora "Yenda dushobora kumva agahinda k’uwakatiwe iki gihano." Aha hariho andi makuru y’abahawe icyo gihano, harimo imyaka bamaze mu mashuri, icyo bakoraga n’ijambo rya nyuma bavuze mbere yo kwicwa. David Wayne Stoker Ifunguro ririho burgers, ifiriti na ice cream Yishwe: 16/06/1997 Imyaka mu mashuri: Umunani Akazi yakoraga: Umubaji Ijambo rye rya nyuma: "Mbabajwe no kuba mwarabuze abanyu... ariko nta muntu nishe." Anthony Ray Westley Ifunguro ririho ifiriti, inkoko itetse mu mavuta n’umugati Yishwe: 13/05/1997 Imyaka mu mashuri: Umunani Akazi yakoraga: Umuhinzii Ijambo rye rya nyuma: "Ndagirango mumenye ko nta muntu nigeze nica. Ndabakunda mwese." Thomas Andy Barefoot Ifunguro ririho, ibishyimbo, umuceri, imboga, ibigori, isosi na cola Yishwe: 30/10/1984 Imyaka mu mashuri: Ntabwo bizwi Akazi yakoraga: Umukozi mu ruganda rucukura ibitoro Ijambo rye rya nyuma "Ndashaka ko buri wese amenya ko nta rwango mufitiye. Ndabababariye bose. Nizeye ko uwo nahemukiye wese azambabarira... Nsabye imbabazi ku byo nakoze byose ku wo ari we wese. Nizeye ko bazambabarira." James Russell Yasabye ’apple’, ’pomme’ Yishwe: 19 /09/ 1991 Imyaka mu mashuri: 10 Akazi yakoraga: Umunyamuziki Ijambo rye rya nyuma: Bivugwa ko ryamaze iminota itatu, birashoboka ko ritanditswe cyangwa ritafashwe amajwi. Jeffrey Allen Barney Ingeri irimo amata n’amapaki abiri y’ibiryo byo mu nganda Yishwe: 16 /04/ 1986 Imyaka mu mashuri: Ntizwi Akazi yakoraga: Ntikazwi Ijambo rye nyuma: "Ndasaba imbabazi kubyo nakoze. Nkwiriye iki gihano. Yesu/zu mbabarira." Johnny Frank Garrett Ingemeri irimo chocolat na ice cream z’inkeri Yishwe: 11 /02/ 1992 Imyaka mu mashuri: Irindwi Akazi yakoraga: Umuhinzi Ijambo rye rya nyuma: "Ndashaka gushimira umuryango wanjye ku rukundo no kunyitaho. Naho abasigaye bose bo ku isi baragasoma ikibuno cyanjye." William Prince Davis Ifunguro ririho amaguru y’inkoko, ibishyimbo, umugati n’utwo guhekenya na coca cola yo kumanuza Yishwe: 14 /09/ 1999 Imyaka yamaze yiga: Irindwi Akazi yakoraga: Umuhanga mu gusakara Ijambo rye rya nyuma: "Ndashaka gusaba imbabazi umuryango wanjye kubw’akababaro batewe n’ibyo nakoze... Ndashaka no gushimira abagabo bose bakatiwe urwo gupfa ku rukundo banyeretse muri iyi myaka. "Nizeye ko guha umubiri wanjye abakora siyansi bizatuma ibice byawo hari umuntu bifasha...Ni ibyo mfite byo kuvuga, murinzi." Gerald Lee Mitchell Yasabye za bonbon Yishwe: 22 /10/ 2001 Imyaka yamaze mu mashuri: Icumi Akazi yakoraga: Umubaji Ijambo rye rya nyuma: "Umbabarire ku kukubabaza. Umbabarire kukwambura ubuzima. Ndasaba n’Imana imbabazi. Ndabizi bishobora kuba bikomeye ariko ndasaba imbabazi ku byo nakoze. "Ku muryango wanjye, nkunda buri wese muri mwe. Mukomere. Mumenye ko nzahora mbakunda, iteka. Ndabizi ko ngiye iwacu kubana n’Imana. Murire mu byishimo ku bwa njye." Robert Anthony Madden Ntacyo yahawe Yishwe: 28 /05/ 1997 Imyaka yamaze mu ishuri: 12 Akazi yakoraga: Umutetsi Ijambo rye rya nyuma: "Ndabasaba imbabazi ku kubura abantu kwanyu n’akababaro. Ariko sinishe bariya bantu. Nizeye ko tuzamenya uko twahagarika uru rwango no kwihorera tugaha agaciro ibiri ku isi. "Mbabariye buri wese kubera ibi bigiye kuba, biboneka ko atari byo [bidakwiye]" James Beathard Ifunguro ririho imboga, ifiriti, karoti, n’inkoko itetse mu mavuta n’icyo kunywa Yishwe: 9 /12/1999 Imyaka yamaze mu ishuri: 15 Akazi yakoraga: Umukanishi wa za moto Nyuma y’urubanza rwe, umutangabuhamya w’ibanze w’umushinjacyaha yisubiyeho ku buhamya bwe n’abacamanza batatu mu bamuburanishije bamusabiye imbabazi. Ijambo rye rya nyuma "Hari ibyo nshaka kuvuga. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta hantu zishyira kubaka ubuzima bw’umuntu. Kunyica ni ikimenyetso cy’indwara ikomeye. Hari igihe leta ikwiye guhagarika gusenya ibindi bihugu no kwica abana b’inzirakarengane. Ibihano byafatiwe Iran, Iraq, Cuba n’ahandi nta cyo bikora mu guhindura isi kandi birababaza abana barengana. "Ahubwo icy’ingenzi cyane ni uburyo dufata ibidukikije kuko biri kwangirika cyane kandi nitubikomeza aho tugana ni uko uburyo bwose dufatamo abandi bantu kuko twese kuri iyi si turi kuyivaho. "Imwe mu nzira nyazo ukuri kw’ibiri kuba kuzajya hanze, cyangwa abantu bakamenya ibiri kuba ni ugushyigikira itangazamakuru ryigenga. Ndimo ndabona itangazamakuru rigorwa no gukomeza kubaho nk’urwego rwigenga." Inkuru dukesha BBC Ikihishe inyuma yo kwirukanwa kwa Karasira Aimable wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu