Close MORE NEWS Harvey Weinstein bamusanzemo COVID-19 aho afungiye UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 23-03-2020 saa 12:16' whatsapp Facebook Harvey Weinstein wahoze ari mu bantu bakomeye mu batunganya filimi muri Hollywood uherutse guhamwa n’ibyaha byo gufata abagore ku ngufu, aho afungiye bamusanzemo Coronavirus. Michael Powers utegeka Urwego rw’Amagereza muri Leta ya New York muri Amerika yatangaje ko Bwana Weinstein ubu yashyizwe mu kato. Mu kwezi gushize, Bwana Weinstein yahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina no gufata abagore ku ngufu akatirwa gufungwa imyaka 23. Umunyamategeko we yashimangiye ko azajuririra iki cyemezo cy’urukiko. Uyu mugabo w’imyaka 68 afungiye muri Gereza iri hafi y’ahitwa Buffalo muri Leta ya New York. Imfungwa ebyiri zaho ejo ku Cyumweru bazisanzemo Coronavirus nk’uko umwe mu bakora muri iyi Gereza utarifuje gutangazwa amazina yabibwiye Reuters. Umunyamategeko wa Weinstein avuga ko we n’abo bafatanyije batigeze babwirwa ko umukiriya wabo yapimwe Covid-19. Bwana Weinstein yahamwe n’icyaha cyo mu kiciro cya mbere cy’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye umugore bakoranaga witwa Miriam Haley mu 2006. Yahamwe kandi n’icyaha cyo mu kiciro cya gatatu cyo gufata ku ngufu umugore wariho yinjira mu mwuga wo gukina filimi witwa Jessica Mann mu 2013. Abacamanza bamuhamije ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoze mu buryo bukabije byashoboraga gutuma afungwa imyaka myinshi kurushaho. Kuva mu 2017, abagore barenga 10 bashinje uyu mugabo kubahohotera bishingiye ku gitsina cyangwa kubafata ku ngufu. Harvey Weinstein ni umunyamerika wavukiye i New York ku babyeyi b’Abayahudi Abari gusenyerwa mu Kagari ka Nyarutarama bati "Bazane imbunda baturase, ngo ntibakitaye kuri Coronavirus yugarije u Rwanda ndetse n’Isi, ngo COVID-19 ni ibyo bari gukorerwa, indwara twayihinduye ibingibi, ntabwo indwara tukiyitayeho: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Harvey Weinstein bamusanzemo COVID-19 aho afungiye UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 23-03-2020 saa 12:16' whatsapp Facebook Harvey Weinstein wahoze ari mu bantu bakomeye mu batunganya filimi muri Hollywood uherutse guhamwa n’ibyaha byo gufata abagore ku ngufu, aho afungiye bamusanzemo Coronavirus. Michael Powers utegeka Urwego rw’Amagereza muri Leta ya New York muri Amerika yatangaje ko Bwana Weinstein ubu yashyizwe mu kato. Mu kwezi gushize, Bwana Weinstein yahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina no gufata abagore ku ngufu akatirwa gufungwa imyaka 23. Umunyamategeko we yashimangiye ko azajuririra iki cyemezo cy’urukiko. Uyu mugabo w’imyaka 68 afungiye muri Gereza iri hafi y’ahitwa Buffalo muri Leta ya New York. Imfungwa ebyiri zaho ejo ku Cyumweru bazisanzemo Coronavirus nk’uko umwe mu bakora muri iyi Gereza utarifuje gutangazwa amazina yabibwiye Reuters. Umunyamategeko wa Weinstein avuga ko we n’abo bafatanyije batigeze babwirwa ko umukiriya wabo yapimwe Covid-19. Bwana Weinstein yahamwe n’icyaha cyo mu kiciro cya mbere cy’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye umugore bakoranaga witwa Miriam Haley mu 2006. Yahamwe kandi n’icyaha cyo mu kiciro cya gatatu cyo gufata ku ngufu umugore wariho yinjira mu mwuga wo gukina filimi witwa Jessica Mann mu 2013. Abacamanza bamuhamije ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoze mu buryo bukabije byashoboraga gutuma afungwa imyaka myinshi kurushaho. Kuva mu 2017, abagore barenga 10 bashinje uyu mugabo kubahohotera bishingiye ku gitsina cyangwa kubafata ku ngufu. Harvey Weinstein ni umunyamerika wavukiye i New York ku babyeyi b’Abayahudi Abari gusenyerwa mu Kagari ka Nyarutarama bati "Bazane imbunda baturase, ngo ntibakitaye kuri Coronavirus yugarije u Rwanda ndetse n’Isi, ngo COVID-19 ni ibyo bari gukorerwa, indwara twayihinduye ibingibi, ntabwo indwara tukiyitayeho: Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu