Close MORE NEWS Abagabo batatu bafatanywe magendu y’amabaro 192 y’imyenda ya caguwa UMUBAVU.com admin Kuya 25-06-2018 saa 06:51' whatsapp Facebook Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo batatu magendu y’amabaro 192 y’imyenda ya magendu bayapakiye mu modoka, mu gikorwa cyabereye mu turere dutandukanye kuwa Gatandatu w’iki cyumweru gishize. Polisi yatangaje ko mu karere ka Nyagatare, yahafatiwe umugabo wari mu modoka yo mu bwoko bwa Fuso ipakiye amabaro 150; Polisi imuhagaritse ahita ayivamo ariruka ubwo bari bageze mu kagari ka Kabeza, mu murenge wa Rwimiyaga. Undi yafatiwe mu kagari ka Kivumu, mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera apakiye amabaro 30 mu modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu ndetse ahita atabwa muri yombi, undi afatanwa amabaro atandatu y’imyenda n’atandatu y’inkweto bya caguwa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Theobald Kanamugire yavuze ko imodoka yafashwe ipakiye amabaro 150 i Nyagatare, yafashwe nyuma y’amakuru bari bamaze kubona ko hari magendu zinjiye mu gihugu. Yagize ati “Polisi yabonye amakuru ko hari imodoka ipakiye imyenda ya caguwa ya magendu iyikuye muri kimwe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda, iyitegera mu kagari ka Matimba; ihageze irayisaka, isangamo ayo mabaro. Ubwo Polisi yahagarikaga iyo modoka, uwari uyitwaye witwa Muligande yayivuyemo ariruka, hafatwa uwo bari kumwe witwa Hakizimana." CIP Kanamugire yibukije ko magendu ari mbi kuko amafaranga ava mu misoro n’amahoro akoreshwa mu kubaka ibikorwaremezo nk’imihanda, amashuri, ibitaro, ibiraro, amasoko n’ibindi. Yakomeje agira ati “Kubinyereza cyangwa kutabitanga bidindiza iterambere muri rusange. Abakora ubucuruzi bakwiriye kwirinda magendu kuko ari icyaha; kandi bazirikane ko gutanga imisoro n’amahoro ari ugutanga umusanzu mu guteza imbere Igihugu n’abagituye." Yashimye abatanze amakuru yatumye aba bagabo batatu bafatanwa magendu y’imyenda ya caguwa; aboneraho gusaba abatuye Intara y’Iburasirazuba kwirinda ibyaha aho biva bikagera, bakanagira uruhare mu kubirwanya batanga ku gihe amakuru atuma inzego zibishinzwe zibikumira no gufata ababikoze. Guverinoma y’u Rwanda iheruka kuzamura imisoro ku myenda n’inkweto bya caguwa hagamijwe kongerera imbaraga ibikorerwa mu Rwanda, aho Minisitiri w’Imari n’Igenamibambi, Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko mu mwaka w’Ingengo w’Imari wa 2018/2019, imyenda ya caguwa izakomeza kwishyura 4$ ku kilo aho kwishyura 2.5$ ku kilo, naho inkweto za caguwa zizakomeza kwishyura 5$ ku kilo aho kwishyura 0.4$. Ingingo ya 369 y’Igitabo cy’Amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umusoreshwa wanyereje umusoro ahanishwa igifungo kuva ku mezi atatu ariko kitageze ku mezi atandatu n’ihazabu ihwanye n’umusoro yanyereje Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Abagabo batatu bafatanywe magendu y’amabaro 192 y’imyenda ya caguwa UMUBAVU.com admin Kuya 25-06-2018 saa 06:51' whatsapp Facebook Polisi y’u Rwanda yafatanye abagabo batatu magendu y’amabaro 192 y’imyenda ya magendu bayapakiye mu modoka, mu gikorwa cyabereye mu turere dutandukanye kuwa Gatandatu w’iki cyumweru gishize. Polisi yatangaje ko mu karere ka Nyagatare, yahafatiwe umugabo wari mu modoka yo mu bwoko bwa Fuso ipakiye amabaro 150; Polisi imuhagaritse ahita ayivamo ariruka ubwo bari bageze mu kagari ka Kabeza, mu murenge wa Rwimiyaga. Undi yafatiwe mu kagari ka Kivumu, mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera apakiye amabaro 30 mu modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu ndetse ahita atabwa muri yombi, undi afatanwa amabaro atandatu y’imyenda n’atandatu y’inkweto bya caguwa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Theobald Kanamugire yavuze ko imodoka yafashwe ipakiye amabaro 150 i Nyagatare, yafashwe nyuma y’amakuru bari bamaze kubona ko hari magendu zinjiye mu gihugu. Yagize ati “Polisi yabonye amakuru ko hari imodoka ipakiye imyenda ya caguwa ya magendu iyikuye muri kimwe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda, iyitegera mu kagari ka Matimba; ihageze irayisaka, isangamo ayo mabaro. Ubwo Polisi yahagarikaga iyo modoka, uwari uyitwaye witwa Muligande yayivuyemo ariruka, hafatwa uwo bari kumwe witwa Hakizimana." CIP Kanamugire yibukije ko magendu ari mbi kuko amafaranga ava mu misoro n’amahoro akoreshwa mu kubaka ibikorwaremezo nk’imihanda, amashuri, ibitaro, ibiraro, amasoko n’ibindi. Yakomeje agira ati “Kubinyereza cyangwa kutabitanga bidindiza iterambere muri rusange. Abakora ubucuruzi bakwiriye kwirinda magendu kuko ari icyaha; kandi bazirikane ko gutanga imisoro n’amahoro ari ugutanga umusanzu mu guteza imbere Igihugu n’abagituye." Yashimye abatanze amakuru yatumye aba bagabo batatu bafatanwa magendu y’imyenda ya caguwa; aboneraho gusaba abatuye Intara y’Iburasirazuba kwirinda ibyaha aho biva bikagera, bakanagira uruhare mu kubirwanya batanga ku gihe amakuru atuma inzego zibishinzwe zibikumira no gufata ababikoze. Guverinoma y’u Rwanda iheruka kuzamura imisoro ku myenda n’inkweto bya caguwa hagamijwe kongerera imbaraga ibikorerwa mu Rwanda, aho Minisitiri w’Imari n’Igenamibambi, Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko mu mwaka w’Ingengo w’Imari wa 2018/2019, imyenda ya caguwa izakomeza kwishyura 4$ ku kilo aho kwishyura 2.5$ ku kilo, naho inkweto za caguwa zizakomeza kwishyura 5$ ku kilo aho kwishyura 0.4$. Ingingo ya 369 y’Igitabo cy’Amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umusoreshwa wanyereje umusoro ahanishwa igifungo kuva ku mezi atatu ariko kitageze ku mezi atandatu n’ihazabu ihwanye n’umusoro yanyereje Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu