Close MORE NEWS AMAFOTO: Abaturage beretswe 4 bakekwaho guhungabanya umutekano i Rusizi UMUBAVU.com Umubavu Kuya 27-10-2019 saa 10:00' whatsapp Facebook Abantu 4 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa bimaze iminsi bihungabanya umutekano mu Karere ka Rusizi, birimo na grenade yatewe mu Mujyi wa Rusizi mu mpera z’icyumweru gushize beretswe abatuye aka karere. Aba bose uko ari 4 bemereye imbere y’abaturage kugira uruhare muri ibyo bikorwa ndetse bakaba bavuga ko bari barinjiye mu mitwe FLN na MLCD. Bavuga ko binjijwe ba bamwe mu bakorera iyi mitwe babarizwa i Bukavu ho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho ngo bizezwaga kuvanwa mu bukene. Bavuga ko bari barijejwe kujya bahabwa amafaranga ku gikorwa gihungabanya umutekano bakoze. Aba bagabo bakaba banafatwanwe imbunda n’amasasu. Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse yashimiye abaturage ku ruhare bagira mu kwicungira umutekano banagaragaza abo bose bashaka kubavutsa umutekano wabo. Umunyamakuru wacu uri i Rusizi aravuga ko ubu ikigezweho ari uko abo bagabo uko ari bane bagiye kwerekwa abaturage b’imirenge ya Mururu na Nyakarenzo. Mu bihe bitandukanye, muri iyi mirenge hatwitswe inyubako n’imodoka ndetse izindi barazirasa. Byabaye inshuro 4. Mu murenge wa Mururu ni ho kandi hataburuwe imbunda 4 ,amasasu na gerenade ndetse ni ho havukwa uwo bagenzi be bakomeje kugaragaza nka nyirabayazana wabashoye muri ibyo bikorwa. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
AMAFOTO: Abaturage beretswe 4 bakekwaho guhungabanya umutekano i Rusizi UMUBAVU.com Umubavu Kuya 27-10-2019 saa 10:00' whatsapp Facebook Abantu 4 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa bimaze iminsi bihungabanya umutekano mu Karere ka Rusizi, birimo na grenade yatewe mu Mujyi wa Rusizi mu mpera z’icyumweru gushize beretswe abatuye aka karere. Aba bose uko ari 4 bemereye imbere y’abaturage kugira uruhare muri ibyo bikorwa ndetse bakaba bavuga ko bari barinjiye mu mitwe FLN na MLCD. Bavuga ko binjijwe ba bamwe mu bakorera iyi mitwe babarizwa i Bukavu ho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho ngo bizezwaga kuvanwa mu bukene. Bavuga ko bari barijejwe kujya bahabwa amafaranga ku gikorwa gihungabanya umutekano bakoze. Aba bagabo bakaba banafatwanwe imbunda n’amasasu. Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse yashimiye abaturage ku ruhare bagira mu kwicungira umutekano banagaragaza abo bose bashaka kubavutsa umutekano wabo. Umunyamakuru wacu uri i Rusizi aravuga ko ubu ikigezweho ari uko abo bagabo uko ari bane bagiye kwerekwa abaturage b’imirenge ya Mururu na Nyakarenzo. Mu bihe bitandukanye, muri iyi mirenge hatwitswe inyubako n’imodoka ndetse izindi barazirasa. Byabaye inshuro 4. Mu murenge wa Mururu ni ho kandi hataburuwe imbunda 4 ,amasasu na gerenade ndetse ni ho havukwa uwo bagenzi be bakomeje kugaragaza nka nyirabayazana wabashoye muri ibyo bikorwa. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu