Close MORE NEWS Ubukwe bwa Nambajimana wasezeye ku Bupadiri bwari agahebuzo-Amafoto UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 17-06-2019 saa 13:40' whatsapp Facebook Ku wa 5 Ukuboza 2018 nibwo Padiri Nambajimana Donatien, wakoreraga ubutumwa muri Paruwasi ya Nyamasheke muri Diyosezi ya Cyangugu, yasezeye ku murimo w’Ubupadiri ku mpamvu yise ize bwite. Padiri Nambajimana Donatien wari amaze imyaka isaga itanu ahawe isakaramentu ry’Ubusaserdoti, yasezeye ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018 ariko inkuru isakara mu binyamakuru bitandukanye ku wa 5 Ukuboza. Nyuma y’amezi atandatu asezeye ku mugaragaro ubupadiri, Padiri Nambajimana Donatien yakoze ubukwe ku wa 15 Kamena 2019, buba igitangaza aho we n’umukunzi we bagendeye mu modoka z’akataraboneka nkuko byasakaye mu itangazamakuru. Nambajimana n’umukunzi we Souvenir Alphonsine basezeranye imbere y’Imana nyuma y’igihe kitazwi bari bamaze bakundana. Aba bombi bari baramaze kuba abakirisitu mu Itorero Angilikani, bakoze ubukwe bwarangaje benshi kubera imodoka z’akataraboneka zo mu bwoko bwa Cadillac bagenzemo. Padiri Nambajimana yagiye gusaba umugeni ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2019, bucyeye bwaho ku wa 15 Kamena 2019 ajya gusezerana imbere y’Imana na Souvenir Alphonsine mu muhango wabereye muri Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani. Nambajimana Donatien n’umukunzi we bagiye mu modoka ikaze yo mu bwoko bwa Cadillac @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Ubukwe bwa Nambajimana wasezeye ku Bupadiri bwari agahebuzo-Amafoto UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 17-06-2019 saa 13:40' whatsapp Facebook Ku wa 5 Ukuboza 2018 nibwo Padiri Nambajimana Donatien, wakoreraga ubutumwa muri Paruwasi ya Nyamasheke muri Diyosezi ya Cyangugu, yasezeye ku murimo w’Ubupadiri ku mpamvu yise ize bwite. Padiri Nambajimana Donatien wari amaze imyaka isaga itanu ahawe isakaramentu ry’Ubusaserdoti, yasezeye ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018 ariko inkuru isakara mu binyamakuru bitandukanye ku wa 5 Ukuboza. Nyuma y’amezi atandatu asezeye ku mugaragaro ubupadiri, Padiri Nambajimana Donatien yakoze ubukwe ku wa 15 Kamena 2019, buba igitangaza aho we n’umukunzi we bagendeye mu modoka z’akataraboneka nkuko byasakaye mu itangazamakuru. Nambajimana n’umukunzi we Souvenir Alphonsine basezeranye imbere y’Imana nyuma y’igihe kitazwi bari bamaze bakundana. Aba bombi bari baramaze kuba abakirisitu mu Itorero Angilikani, bakoze ubukwe bwarangaje benshi kubera imodoka z’akataraboneka zo mu bwoko bwa Cadillac bagenzemo. Padiri Nambajimana yagiye gusaba umugeni ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2019, bucyeye bwaho ku wa 15 Kamena 2019 ajya gusezerana imbere y’Imana na Souvenir Alphonsine mu muhango wabereye muri Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani. Nambajimana Donatien n’umukunzi we bagiye mu modoka ikaze yo mu bwoko bwa Cadillac @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu