Close MORE NEWS "Ubuto", indirimbo nshya ya Clarisse Karasira ifite ubudasa UMUBAVU.com Umubavu Kuya 11-06-2019 saa 09:55' whatsapp Facebook Umuhanzikazi w’indirimbo zo mu njyana gakondo, Clarisse Karasira, yashyize hanze indirimbo yise “Ubuto”, yaririmbye n’ijwi rye ry’umwimerere nta bicurangisho bimuherekeje. Iyi ni indirimbo ya gatandatu uyu muhanzikazi ashyize hanze kuva yakwinjira mu muziki mu mwaka ushize. Yatangiriye kuri Giraneza, Rwanda Shima Imana, Ntizagushuke, Komera na Twapfaga Iki? yaherukaga. “Ubuto” ni indirimbo ifite umwihariko ugereranyije n’izindi zabanje dore ko yo nta bicurangisho byumvikanamo ahubwo ari ijwi ry’uyu muhanzikazi gusa. Yabwiye IGIHE ko yashakaga ko ubutumwa ari bwo bwumvikana cyane kuruta ibindi kandi akubahiriza amajwi y’injyana gakondo. Ati “Nakunze kuyikora ari umushayayo udafite ibicurangisho bivuga cyane, nshaka ko amajwi ariyo yumvikana gusa uko ari yose kandi nubahirize umujyo w’amajwi yonyine mu ndirimbo Gakondo z’u Rwanda.” Karasira yavuze ko hari n’izindi ndirimbo yakoze zimeze nk’iyi abantu bazagenda bumva. Ku bijyanye n’ubutumwa, yashakaga kwerekana uburere ababyeyi bakwiye guha abana n’uburyo abana bakwiye kwitwara kugira ngo bazakure ari ingirakamaro. Yagize ati “Ubutumwa bwayo buravuga ku burere n’ubutore bukwiriye abana n’urubyiruko. Mvuga iby’uburenganzira bw’abana, bakitabwaho, bagakundwa, bagakuzwa ariko bagacyahwa.” Avugamo kandi n’ibibazo abana n’urubyiruko bahura nabyo birimo kuba ku mihanda, ibiyobyabwenge, guterwa inda zitateganyijwe n’ibindi. Amajwi y’iyi ndirimbo yatunganyijwe na Jay P naho amashusho atunganywa na Fayzo. Izakurikirwa n’izindi nazo zivuga byihariye ku muryango. Kanda hano urebe iyi ndirimbo ya Clarisse Karasira, Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
"Ubuto", indirimbo nshya ya Clarisse Karasira ifite ubudasa UMUBAVU.com Umubavu Kuya 11-06-2019 saa 09:55' whatsapp Facebook Umuhanzikazi w’indirimbo zo mu njyana gakondo, Clarisse Karasira, yashyize hanze indirimbo yise “Ubuto”, yaririmbye n’ijwi rye ry’umwimerere nta bicurangisho bimuherekeje. Iyi ni indirimbo ya gatandatu uyu muhanzikazi ashyize hanze kuva yakwinjira mu muziki mu mwaka ushize. Yatangiriye kuri Giraneza, Rwanda Shima Imana, Ntizagushuke, Komera na Twapfaga Iki? yaherukaga. “Ubuto” ni indirimbo ifite umwihariko ugereranyije n’izindi zabanje dore ko yo nta bicurangisho byumvikanamo ahubwo ari ijwi ry’uyu muhanzikazi gusa. Yabwiye IGIHE ko yashakaga ko ubutumwa ari bwo bwumvikana cyane kuruta ibindi kandi akubahiriza amajwi y’injyana gakondo. Ati “Nakunze kuyikora ari umushayayo udafite ibicurangisho bivuga cyane, nshaka ko amajwi ariyo yumvikana gusa uko ari yose kandi nubahirize umujyo w’amajwi yonyine mu ndirimbo Gakondo z’u Rwanda.” Karasira yavuze ko hari n’izindi ndirimbo yakoze zimeze nk’iyi abantu bazagenda bumva. Ku bijyanye n’ubutumwa, yashakaga kwerekana uburere ababyeyi bakwiye guha abana n’uburyo abana bakwiye kwitwara kugira ngo bazakure ari ingirakamaro. Yagize ati “Ubutumwa bwayo buravuga ku burere n’ubutore bukwiriye abana n’urubyiruko. Mvuga iby’uburenganzira bw’abana, bakitabwaho, bagakundwa, bagakuzwa ariko bagacyahwa.” Avugamo kandi n’ibibazo abana n’urubyiruko bahura nabyo birimo kuba ku mihanda, ibiyobyabwenge, guterwa inda zitateganyijwe n’ibindi. Amajwi y’iyi ndirimbo yatunganyijwe na Jay P naho amashusho atunganywa na Fayzo. Izakurikirwa n’izindi nazo zivuga byihariye ku muryango. Kanda hano urebe iyi ndirimbo ya Clarisse Karasira, Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu