Close MORE NEWS Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo u Rwanda ruhanwe niba rutishyuye umutoza McKinstry UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 24-04-2019 saa 07:58' whatsapp Facebook Mu minsi ishize Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ryandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ribamenyesha ko bahawe igihe ntarengwa cyo kuba bishyuye umwenda babereyemo uwari umutoza w’Amavubi Jonathan McKinstry, wirukanwe mu buryo budahwitse. Icyo gihe FIFA yamenyesheje FERWAFA ko mu gihe McKinstry yaba atishyuwe ku gihe cyatanzwe, u Rwanda rwahagarikwa mu bikorwa bijyanye n’umupira w’amaguru. Ku munsi w’ejo tariki ya 25 Mata 2019 ni wo munsi ntarengwa Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, ryahaye u Rwanda binyuze muri FERWAFA, ngo rube rwamaze kwishyura asaga $215,000 (hafi Miliyoni 194 Frw) rubereyemo uyu mutoza w’imyaka 33 ukomoka muri Ireland ya Ruguru. Kuri uyu wa Kabiri Umujyanama wa Minisitiri w’Umuco na Siporo, Karambizi Oleg Olivier yavuze ko iki kibazo kimaze iminsi kiganirwaho hazirikanwa itariki ntarengwa yatanzwe. Ati “Ikibazo cyari kikiri kuganirwaho ndetse n’uyu munsi ni ko bimeze. Ntabwo kireba Minisiteri y’Umuco na Siporo gusa cyangwa FERWAFA gusa kuko kirareba Football y’u Rwanda muri rusange ndetse n’isura y’igihugu muri rusange. Kiri kuganirwaho n’izindi nzego kugira ngo dutange umwanzuro w’uburyo cyakemuka kuko gukemuka ho kirakemuka, turanazirikana itariki twahawe kuko hari itariki FIFA yatanze itagomba kurengwa.” Ku bijyanye n’ibihano u Rwanda rushobora gufatirwa mu gihe uyu mutoza yaba atishyuriwe igihe, birimo guhagarika u Rwanda mu bikorwa mpuzamahanga by’umupira w’amaguru. Jonathan Bryan McKinstry ubu utoza muri Bangladesh mu ikipe ya Saif Sporting Club, yatangiye gutoza Amavubi muri Werurwe 2015. Yasezerewe taliki 18 Kanama 2016 nyuma gato yo kongera amasezerano y’imyaka ibiri yari yahawe nyuma yo kugeza Amavubi mu mikino ya ¼ cy’igikombe cya CHAN 2016 cyabereye mu Rwanda, aho yasezerewe na Congo Kinshasa ibitego 2-1. @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo u Rwanda ruhanwe niba rutishyuye umutoza McKinstry UMUBAVU.com Umubavu.com Kuya 24-04-2019 saa 07:58' whatsapp Facebook Mu minsi ishize Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ryandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ribamenyesha ko bahawe igihe ntarengwa cyo kuba bishyuye umwenda babereyemo uwari umutoza w’Amavubi Jonathan McKinstry, wirukanwe mu buryo budahwitse. Icyo gihe FIFA yamenyesheje FERWAFA ko mu gihe McKinstry yaba atishyuwe ku gihe cyatanzwe, u Rwanda rwahagarikwa mu bikorwa bijyanye n’umupira w’amaguru. Ku munsi w’ejo tariki ya 25 Mata 2019 ni wo munsi ntarengwa Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, ryahaye u Rwanda binyuze muri FERWAFA, ngo rube rwamaze kwishyura asaga $215,000 (hafi Miliyoni 194 Frw) rubereyemo uyu mutoza w’imyaka 33 ukomoka muri Ireland ya Ruguru. Kuri uyu wa Kabiri Umujyanama wa Minisitiri w’Umuco na Siporo, Karambizi Oleg Olivier yavuze ko iki kibazo kimaze iminsi kiganirwaho hazirikanwa itariki ntarengwa yatanzwe. Ati “Ikibazo cyari kikiri kuganirwaho ndetse n’uyu munsi ni ko bimeze. Ntabwo kireba Minisiteri y’Umuco na Siporo gusa cyangwa FERWAFA gusa kuko kirareba Football y’u Rwanda muri rusange ndetse n’isura y’igihugu muri rusange. Kiri kuganirwaho n’izindi nzego kugira ngo dutange umwanzuro w’uburyo cyakemuka kuko gukemuka ho kirakemuka, turanazirikana itariki twahawe kuko hari itariki FIFA yatanze itagomba kurengwa.” Ku bijyanye n’ibihano u Rwanda rushobora gufatirwa mu gihe uyu mutoza yaba atishyuriwe igihe, birimo guhagarika u Rwanda mu bikorwa mpuzamahanga by’umupira w’amaguru. Jonathan Bryan McKinstry ubu utoza muri Bangladesh mu ikipe ya Saif Sporting Club, yatangiye gutoza Amavubi muri Werurwe 2015. Yasezerewe taliki 18 Kanama 2016 nyuma gato yo kongera amasezerano y’imyaka ibiri yari yahawe nyuma yo kugeza Amavubi mu mikino ya ¼ cy’igikombe cya CHAN 2016 cyabereye mu Rwanda, aho yasezerewe na Congo Kinshasa ibitego 2-1. @Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu