Close MORE NEWS Polisi yataye muri yombi umugore n’umugabo bazira gukorera iyicarubozo umukozi wabo bamutwika igitsina (Amafoto) UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 2-05-2018 saa 09:26' whatsapp Facebook Polisi ikorera mu karere ka Wakiso, mu mujyi wa Bweyogerere mu gihugu cya Uganda yataye muri yombi umugore n’umugabo bo mu gace ka Kireka, nyuma yo guhohotera umukozi wabo wo mu rugo, bakamukorera iyicarubozo bamutwika umubiri wose. Uyu mukozi wo mu rugo wahuye n’uruva gusenya akorerwa iyicarubozo, yaje gukorana n’uyu muryango nyuma yuko ahawe akazi n’ikompanyi ishinzwe guhuza abakozi bo mu rugo n’abakoresha yitwa Master Maids Limited ihagarariwe n’uwitwa Peter Kayiduwa w’imyaka 50 y’amavuko, akaba ari na we nyirayo. Uyu mugore witwa Sandra Mukibi n’umugabo we bo mu gace ka Kireka, bashyikirijwe uyu mwana ngo ajye abafasha imirimo yo mu rugo nabo bamuhembe ariko bamubera ababyeyi gito ntibanuzuza ibyo basezeranye kuko byaje kurangira bamukoreye iyicarubozo ryababaje benshi bamubuza uburengfanzira bwe. Ibi byose byabaye kuri uyu mwana nyuma yuko aba bakoresha be bashwanye hagati yabo agize ngo abakize niko guhita bamwanjamira icya rimwe bamukorera aya mahano. Uyu mukozi mu byo yatangarije inzengo za Polisi ayisobanurira iyicarubozo amaze igihe akorerwa ariko akaryumaho ategereje ko yabona umushahara we, yavuze ko bamukubitishaga amasinga y’amashanyarazi, ibiti, bakamucengeza mu rugi bamukandiramo (bamukandisha urugi), banamutwika ibiganza no ku bice bye by’ibanga. Yongeyeho ko yabasabaga kumuhemba ariko bakica amatwi ibyaje no kurangira bamwimye igihembo cye yakoreye. Aya makuru yose yaje gutahurwa ubwo ababyeyi b’uyu mukozi wo mu rugo batakiraga Polisi ikorera mu gace ka Bweyogerere, bayibwira ko umwana wabo adafashwe neza, ni ko guhita ikurikirana uyu mugore n’umugabo we ibata muri yombi ibafungira kuri Sitasiyo ya Polisi yaho. Daniel MUKESHIMANA@Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) habimana Kuya 3-05-2018 nabarozi.bikabije.bom.ikoreakazikayo INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Polisi yataye muri yombi umugore n’umugabo bazira gukorera iyicarubozo umukozi wabo bamutwika igitsina (Amafoto) UMUBAVU.com Daniel MUKESHIMANA Kuya 2-05-2018 saa 09:26' whatsapp Facebook Polisi ikorera mu karere ka Wakiso, mu mujyi wa Bweyogerere mu gihugu cya Uganda yataye muri yombi umugore n’umugabo bo mu gace ka Kireka, nyuma yo guhohotera umukozi wabo wo mu rugo, bakamukorera iyicarubozo bamutwika umubiri wose. Uyu mukozi wo mu rugo wahuye n’uruva gusenya akorerwa iyicarubozo, yaje gukorana n’uyu muryango nyuma yuko ahawe akazi n’ikompanyi ishinzwe guhuza abakozi bo mu rugo n’abakoresha yitwa Master Maids Limited ihagarariwe n’uwitwa Peter Kayiduwa w’imyaka 50 y’amavuko, akaba ari na we nyirayo. Uyu mugore witwa Sandra Mukibi n’umugabo we bo mu gace ka Kireka, bashyikirijwe uyu mwana ngo ajye abafasha imirimo yo mu rugo nabo bamuhembe ariko bamubera ababyeyi gito ntibanuzuza ibyo basezeranye kuko byaje kurangira bamukoreye iyicarubozo ryababaje benshi bamubuza uburengfanzira bwe. Ibi byose byabaye kuri uyu mwana nyuma yuko aba bakoresha be bashwanye hagati yabo agize ngo abakize niko guhita bamwanjamira icya rimwe bamukorera aya mahano. Uyu mukozi mu byo yatangarije inzengo za Polisi ayisobanurira iyicarubozo amaze igihe akorerwa ariko akaryumaho ategereje ko yabona umushahara we, yavuze ko bamukubitishaga amasinga y’amashanyarazi, ibiti, bakamucengeza mu rugi bamukandiramo (bamukandisha urugi), banamutwika ibiganza no ku bice bye by’ibanga. Yongeyeho ko yabasabaga kumuhemba ariko bakica amatwi ibyaje no kurangira bamwimye igihembo cye yakoreye. Aya makuru yose yaje gutahurwa ubwo ababyeyi b’uyu mukozi wo mu rugo batakiraga Polisi ikorera mu gace ka Bweyogerere, bayibwira ko umwana wabo adafashwe neza, ni ko guhita ikurikirana uyu mugore n’umugabo we ibata muri yombi ibafungira kuri Sitasiyo ya Polisi yaho. Daniel MUKESHIMANA@Umubavu.com Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) habimana Kuya 3-05-2018 nabarozi.bikabije.bom.ikoreakazikayo INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu