Close MORE NEWS Karongi: Bishe uwo bita Umurozi banamwambura ubusa UMUBAVU.com admin Kuya 25-09-2017 saa 23:36' whatsapp Facebook Abantu bataramenyekana kugeza ubu ejo bakubise Ayabateranya Casimir ikibuye kinini mu mutwe baramwica, abaturage bo mu mudugudu wa Ruhungamiyaga mu kagari ka Kareba mu murenge wa Murundi bamwe bemeza ko ngo yari umurozi wari warabarembeje. Ubuyobozi bwamaganye iyi migirire yo kwihorera. Byabaye mu ijoro ryo kuri iki cyumweru ahagana saa yine z’ijoro ubwo uyu mugabo Ayabateranya yari atashye agiye gukama inka avuye aho afite akabari na restaurant nko muri 1km uvuye aho atuye nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge. Uyu ngo wari usize umugore n’abana aho bakorera ari naho baraye, ngo yasanze abantu bamuteze igico iwe kw’irembo bamukubita ikibuye mu mutwe baramwica barangije bamwambura imyenda ye bamwambika ubusa barayijyana. Abaturage ba hano bashinja Ayabateranya ko ngo yari umurozi, bavuga ko mu minsi ishize hari umusaza wapfiriye iwe ngo ari we umuroze ariko habura ibimenyetso. Aphrodis Mudacumura uyobora uyu murenge wa Murundi yabwiye Umuseke ko nta muturage ukwiye kwihorera ashingiye ku makuru nk’ayo. Abasaba kwicungira umutekano bakaza amarondo no kwirinda kwihanira. Avuga ko ejo kuwa kabiri abaturage ba hano bafitanye inama n’umuyobozi w’Akarere aho mu byo bazaganira bazanagaruka kuri iki kibazo. Iperereza riracyashakisha abagize uruhare mu kwica Ayabateranya bakanamushinyagurira bamwambika ubusa. Ayabateranya wari mu kigero cy’imyaka 40 asize umugore n’abana batatu, umurambo we bawubonye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere. Source:Umuseke Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Karongi: Bishe uwo bita Umurozi banamwambura ubusa UMUBAVU.com admin Kuya 25-09-2017 saa 23:36' whatsapp Facebook Abantu bataramenyekana kugeza ubu ejo bakubise Ayabateranya Casimir ikibuye kinini mu mutwe baramwica, abaturage bo mu mudugudu wa Ruhungamiyaga mu kagari ka Kareba mu murenge wa Murundi bamwe bemeza ko ngo yari umurozi wari warabarembeje. Ubuyobozi bwamaganye iyi migirire yo kwihorera. Byabaye mu ijoro ryo kuri iki cyumweru ahagana saa yine z’ijoro ubwo uyu mugabo Ayabateranya yari atashye agiye gukama inka avuye aho afite akabari na restaurant nko muri 1km uvuye aho atuye nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge. Uyu ngo wari usize umugore n’abana aho bakorera ari naho baraye, ngo yasanze abantu bamuteze igico iwe kw’irembo bamukubita ikibuye mu mutwe baramwica barangije bamwambura imyenda ye bamwambika ubusa barayijyana. Abaturage ba hano bashinja Ayabateranya ko ngo yari umurozi, bavuga ko mu minsi ishize hari umusaza wapfiriye iwe ngo ari we umuroze ariko habura ibimenyetso. Aphrodis Mudacumura uyobora uyu murenge wa Murundi yabwiye Umuseke ko nta muturage ukwiye kwihorera ashingiye ku makuru nk’ayo. Abasaba kwicungira umutekano bakaza amarondo no kwirinda kwihanira. Avuga ko ejo kuwa kabiri abaturage ba hano bafitanye inama n’umuyobozi w’Akarere aho mu byo bazaganira bazanagaruka kuri iki kibazo. Iperereza riracyashakisha abagize uruhare mu kwica Ayabateranya bakanamushinyagurira bamwambika ubusa. Ayabateranya wari mu kigero cy’imyaka 40 asize umugore n’abana batatu, umurambo we bawubonye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere. Source:Umuseke Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu