Close MORE NEWS Gasabo:Umugabo yatemaguye umugore we arahunga UMUBAVU.com admin Kuya 21-06-2018 saa 09:50' whatsapp Facebook Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 21 Kamena umugabo witwa Rutaganira Robert wo mu murenge Rusororo Akagari ka Nyagahinga mu mudugudu wa Gisharara yazindutse ajya kugura umuhoro mushya , atemagura umugore we akiva muri ‘douche’ arangije aracika azi ko amwishe. Uyu mugabo atwara taxi voiture i Kanombe, umugore agakora ku bitaro bya gisirikare i Kanombe. Umugore yatemwe akiva mu bwogero akenyeye ‘essuie-mains’ gusa. Rutaganira ngo umuhoro yatemesheje umugore we ni mushya, biravugwa ko yawuguze mu gitondo. Yatemye umugore we amuca igufa ry’umusaya, amutema ku ijosi, amutema amagufa y’akaboko yombi aracika, amutema no mu rubavu ahunga azi ko yamwishe. Ku bw’amahirwe umugore yajyanywe kwa muganga agihumeka. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo Alfred Nduwayezu yabwiye Umuseke ubu bugizi bwa nabi bwakozwe muri iki gitondo kandi bari gushakisha uyu Rutaganira wahise ahunga. Umwe mu baturanyi b’uyu muryango utifuje gutangazwa yavuze ko uyu mugore batemye akaboko ko kacitse neza hagasigara inyama nto (tissues) zifatanye gusa, kandi yakomeretse cyane mu rubavu no mu musaya. Uyu muturanyi wabo avuga ko uyu ari umuryango ubusanzwe wifashije kandi ngo nta kintu bazi cyagaragarazaga ko umugabo ashobora kugirira nabi umugore we. Uyu muturanyi wabo ati “Twabonaga basohoka mu modoka nta kibazo, ntitwari tuzi ibibera mu rugo imbere ko bashobora no gutemana, twatunguwe kandi tubabazwa cyane no kubona ibyabaye.” Uyu mugabo Rutaganira na Kubwimana umugore we bafitanye abana umunani barimo n’uwiga muri Kaminuza. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu
Gasabo:Umugabo yatemaguye umugore we arahunga UMUBAVU.com admin Kuya 21-06-2018 saa 09:50' whatsapp Facebook Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 21 Kamena umugabo witwa Rutaganira Robert wo mu murenge Rusororo Akagari ka Nyagahinga mu mudugudu wa Gisharara yazindutse ajya kugura umuhoro mushya , atemagura umugore we akiva muri ‘douche’ arangije aracika azi ko amwishe. Uyu mugabo atwara taxi voiture i Kanombe, umugore agakora ku bitaro bya gisirikare i Kanombe. Umugore yatemwe akiva mu bwogero akenyeye ‘essuie-mains’ gusa. Rutaganira ngo umuhoro yatemesheje umugore we ni mushya, biravugwa ko yawuguze mu gitondo. Yatemye umugore we amuca igufa ry’umusaya, amutema ku ijosi, amutema amagufa y’akaboko yombi aracika, amutema no mu rubavu ahunga azi ko yamwishe. Ku bw’amahirwe umugore yajyanywe kwa muganga agihumeka. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo Alfred Nduwayezu yabwiye Umuseke ubu bugizi bwa nabi bwakozwe muri iki gitondo kandi bari gushakisha uyu Rutaganira wahise ahunga. Umwe mu baturanyi b’uyu muryango utifuje gutangazwa yavuze ko uyu mugore batemye akaboko ko kacitse neza hagasigara inyama nto (tissues) zifatanye gusa, kandi yakomeretse cyane mu rubavu no mu musaya. Uyu muturanyi wabo avuga ko uyu ari umuryango ubusanzwe wifashije kandi ngo nta kintu bazi cyagaragarazaga ko umugabo ashobora kugirira nabi umugore we. Uyu muturanyi wabo ati “Twabonaga basohoka mu modoka nta kibazo, ntitwari tuzi ibibera mu rugo imbere ko bashobora no gutemana, twatunguwe kandi tubabazwa cyane no kubona ibyabaye.” Uyu mugabo Rutaganira na Kubwimana umugore we bafitanye abana umunani barimo n’uwiga muri Kaminuza. Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru Amazina* Email* Igitekerezo Igitekerezo* (Required) INKURU ZASOMWE CYANE NDANGIRA amakuru Guha umugisha abatinganyi aho bashobora kubica byaba birimo kutigengesera – Vatican irisobanura amakuru Imyaka 2 y’uburibwe kuri NSENGIMANA Theoneste, Igihe kirageze ngo ahabwe ubutabera! amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA amakuru Ku myaka ye 7 Shema atwara indege[AMAFOTO] Inkuru zamamaza Itangazo ry’isoko ryo kugemura ibikoresho by’ishuri ry’imyuga amakuru INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NGAZAGUHUNGA ENOCK RUSABA GUHINDURA IZINA ubuzima Abatagira ubushake mu gutera akabariro n’abakobwa bagumiwe, umupfumu ati "Kubavura ni ugukozaho"-Video amakuru Itangazo ryo guhinduza izina amakuru Isosiyete Huawei Rwanda yashyizeho Yang Shengwan nk’umuyobozi wayo ku rwego rw’igihugu